00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Igitaramo cya Fireman i Dubai cyasubitswe

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 December 2024 saa 03:43
Yasuwe :

Igitaramo Fireman yateganyaga gukorera mu Mujyi wa Dubai ku wa 31 Ukuboza 2024, cyamaze gusubikwa mu gihe haburaga iminsi mike ngo kibe nubwo uyu muhanzi we yari atarava mu Rwanda yerekezayo.

Byari byitezwe ko Fireman azava mu gitaramo ‘Icyumba cya Rap’ ku wa 27 Ukuboza 2024 yerekeza i Dubai aho yagombaga gutaramira ku wa 31 Ukuboza 2024.

Mu kiganiro na IGIHE, Batman wari wateguye iki gitaramo cya Fireman i Dubai, yavuze ko bahisemo kugisubika ku busabe bw’abakunzi b’umuziki batuye muri uyu mujyi.

Ati “Benshi mu bantu bakunze kwitabira ibitaramo dutegura batugejejeho ubusabe ko twasubika icya Fireman bitewe nuko mu minsi mikuru bari kwerekeza mu buruhuko, bityo basaba ko byazongera gusubukurwa umwaka utaha.”

Batman yavuze ko icyashobokaga ari ugusubika iki gitaramo ku busabe bw’abakunzi b’umuziki bityo bakazagisubukura umwaka utaha.

Uyu muraperi wari watumiwe gutaramira Abanyarwanda batuye n’abakorera mu Mujyi wa Dubai, yari aherutse kubwira IGIHE ko yishimiye kuba agiye gutaramira hanze y’u Rwanda kuva yatangira umuziki.

Ati “Naherukaga mu ndege kera, ndibuka ko nayigenzemo ubwo nari mvuye muri ‘burende’ muri Zaïre aho twari twarahungiye, icyo gihe ndibuka ko nari mu bana bari baratanye n’iwabo twageze mu Rwanda tujya mu bigo by’imfubyi.”

Fireman yibuka neza ko aheruka mu ndege mu 1997, nyuma y’imyaka 27 akaba agiye kongera kuyisubiramo.

Igitaramo cya Fireman cyasubitswe habura iminsi 13 ngo kibe
Fireman yari yishimiye kujya gutaramira bwa mbere hanze y'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .