Umuhango wo kumurika iyi filime wabereye muri CANAL Olympia Rebero ku wa Gatanu tariki 29 Ugushyingo 2024. Iyi filime yakozwe na ZACU Entertainment ku bufatanye na Greenland Pictures.
Ni filime igaruka ku musore w’indwanyi witwa Nelson umenya ko mu kigo cy’ishuri ryisumbuye hakorerwamo ubucuruzi bw’abana b’abanyeshuri. Ni nyuma y’igihe kiba gishize muri icyo kigo habaho imfu za hato na hato kuri bamwe mu bahiga ndetse abandi bakaburirwa irengero mu buryo bw’amayobera.
Ku bufatanye na bamwe mu banyeshuri biga muri iki kigo, Nelson yiha umukoro wo kuburizamo umugambi w’ubucuruzi bw’abanyeshuri karundura buba buteganyijwe mu mugoroba umwe muri iki kigo, bwari gusiga benshi mu banyeshuri baburiwe irengero.
Umuyobozi Mukuru wa ZACU Entertainment, Wilson Misago, yavuze ko igitekerezo cyo gukora iyi filime cyaturutse ku biganiro yagiranye na Deus Sangwa wa Greenland Pictures ahagana muri 2023.
Ati "Nishimiye ko iki gitekerezo twagishyize mu bikorwa ku bufatanye bwabayeho hagati ya ZACU Entertainment na Greenland Pictures. The Incubation ni filime twizeye ko izaryohera benshi mu bakunzi ba sinema nyarwanda, ndetse turifuza kuyigeza ku rwego mpuzamahanga, kuko ibumbatiye ubutumwa bukomeye.”
Iyi filime mu myandikire yayo yibanda ku gukumira icuruzwa ry’abantu n’ingaruka rigira ku muryango mugari, cyane ko ari kimwe mu bintu bikunze kugarukwaho cyane cyane mu bihugu bikiri mu nzira y’Amajyambere.
Sophie Tchatchoua, Umuyobozi Mukuru wa CANAL+ Rwanda, yagaragaje ko guha umwanya ibihangano by’Abanyarwanda biri mu ntego zatumye CANAL+ Group ifungura shene ya ZACU TV muri 2022.
Ati “Ubwo CANAL+ Goup yamurikaga ZACU TV mu 2022, twari dufite intego yo guteza imbere ibyakorewe mu Rwanda. Iyi filime ubwo izaba igiye gutambuka kuri ZACU TV, shene ya 3 kuri CANAL+, abakiliya barenga miliyoni umunani hirya no hino muri Afurika bazayireba. Ni amahirwe akomeye yo kugeza ibihangano by’Abanyarwanda ku rwego mpuzamahanga.”
Deus Sangwa, wayoboye ifatwa ry’amashusho y’iyi filime, yashimiye cyane abakinnyi n’itsinda ryose ryagize uruhare mu gutunganya The Incubation. Yatangaje ko iyi filime izatangira kwerekanwa muri CANAL Olympia guhera tariki 06 Ukuboza, asaba abantu kugura amatike hakiri kare kugira ngo bazitabire.
‘The Incubation’ ni filime irimo abakinnyi bakomeye muri sinema nyarwanda barimo nka Irunga Longin, Mazimpaka Kennedy, Prince Ganza akaba ari nawe mukinnyi w’imena, Gihozo Nshuti Mireille, Rukundo Chantal, Muniru Habiyakare n’abandi.
Reba agace gato k’iyi filime
![](local/cache-vignettes/L1000xH610/deus_sangwa_ubwo_yamurikaga_itsinda_bakoranye_mu_itanganywa_rya_filime_ya_the_incubation-2-b9688.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/abantu_banyuranye_bari_bitabiriye_imurikwa_rya_filime_ya_the_incubation-4aabb.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/deus_sangwa_wayoboye_ifatwa_ry_amashusho_ya_filime_the_incubation_ubwo_yavugaga_kuri_iyi_filime-2-63de8.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/frank_kanyamurera_ushinzwe_gahunda_zitambuka_kuri_zacu_tv_yavuze_ko_the_incubation_izatambuka_kuri_canal_mu_mpera_z_ukwezi_k_ukuboza-2-0a13f.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/sophie_tchatchoua_umuyobozi_mukuru_wa_canal_rwanda_yatangaje_ko_zacu_tv_ari_shene_yashyizeho_kugira_ngo_iteze_imbere_filime_zakorewe_mu_rwanda-659b1.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/umuyobozi_mukuru_wa_zacu_entertainment_wilson_misago_avuga_ko_filime_ya_the_incubation_izagezwa_ku_rwego_mpuzamahanga_kuko_ifite_ubutumwa_bukomeye-ea77a.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH663/the_incubation_ni_filime_irimo_abakinnyi_bakomeye_muri_sinema_nyarwanda-2-96f41.jpg?1733311795)
![](local/cache-vignettes/L1000xH667/uuhereye_iburyo_umuyobozi_mukuru_wa_zacu_entertainment_nelly_wilson_misago_sophie_tchatchoua_umuyobozi_mukuru_wa_canal_rwanda_na_deus_sangwa_wakoze_filime_ya_the_incubation_-23721.jpg?1733311795)
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!