00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri The “Downfall of Diddy: His Defense”; filime y’ibishobora kuzavugisha amangambure abacamanza

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 29 March 2025 saa 08:58
Yasuwe :

TMZ iri mu binyamakuru bikomeye muri Amerika, iherutse gushyira hanze filime nshya yise “TMZ Presents The Downfall of Diddy: His Defense”, igaragaza ibishobora kuzavugisha amangambure abantu mu rubanza rwa Diddy.

Igaragaza urubanza rw’uruhimbano (Mock trial) ku byaha bishinjwa Sean “Diddy” Combs. Muri uru rubanza rwahimbwe, abacamanza 12 basuzuma ibimenyetso bimushinja n’ibimugira umwere.

Hanyuma bagirana ibiganiro kuri izo mpaka, bakemeza niba Diddy ari umwere cyangwa afite uruhare mu byaha ashinjwa.

Muri ibyo biganiro, hari ingingo nyinshi z’ingenzi zaganiriweho. Icya mbere ni uko abashinjacyaha bagomba kwerekana niba Diddy, yarungukiye mu bikorwa bifitanye isano no gusahura no gushora abantu mu bikorwa by’ubusambanyi.

Indi ngingo ni ijyanye no kuba abakobwa bivugwa ko uyu mugabo yasambanyije cyangwa akabakoresha ibindi bikorwa byerekeye imibonano mpuzabitsina, baba barabikoze nta gahato.

Abamushinja muri iyi filime ni abakobwa batatu bigeze gukundana na we, kandi bamwe muri uru rubanza bibaza niba koko harabayeho kwemera gukora ibikorwa yabakoreshaga cyangwa niba harimo igitutu cyatumaga abo bakobwa babikora batabishaka.

Ikindi cyaganiriweho ni ikibazo cy’ivangura rishingiye ku ruhu. Umunyamategeko wa Diddy, Marc Agnifilo, avuga ko abashinjacyaha bari kugerageza gusenya uyu mugabo w’umwirabura wateye imbere. Ibi byatumye bamwe mu bacamanza bagira impungenge ku buryo urubanza rugenda.

Umwanzuro w’uru rubanza ugaragara muri iyi filime, ugaragaza ko urubanza nyir’izina ruzaba muri Gicurasi 2025, rushobora kuzagorana ku bashinjacyaha.

Bigaragazwa kandi ko hashobora kuzabaho ukutumvikana kw’abacamanza.

Iyi filime yagiye hanze mu gihe uyu mugabo amaze iminsi aregwa ubutitsa n’abagore n’abagabo bamushinja kubafata ku ngufu no kubakoresha ibikorwa biganisha ku mibonano mpuzabitsina.

Ikirego giheruka n’icy’umugabo w’umufotozi uheruka kuvuga ko Diddy yamukoresheje ibikorwa by’imibonano amwizeza kumugira igitangaza mu ruganda rw’imyidagaduro muri Amerika.

Diddy amaze iminsi akurikiranyweho ibyaha bitandukanye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .