00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri Richard Quaye wahuje Davido na Diamond mu birori by’isabukuru ye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 March 2025 saa 09:37
Yasuwe :

Ubusanzwe yitwa Richard Nii-Armah Quaye, akaba umugabo uvugwaho gutunga agatubutse nubwo akiri muto, dore ko aherutse kwizihiza isabukuru y’imyaka 40.

Uyu mugabo azwi cyane kubera ikigo cy’imari yashinze cyitwa ‘Bills-Micro credit Ltd’ kiri mu bikomeye muri Ghana.

Mu kiganiro aherutse kugirana na kimwe mu bitangazamakuru by’iwabo muri Ghana, Quaye, yavuze ko ubwo yari arangije amashuri yisumbuye, yari umusore ushakisha ubuzima bugoye binyuze mu gucururiza ku muhanda, ibizwi nko kuzunguza, akazi yakoreraga mu Mujyi wa Accra.

Agize imyaka 22, Quaye yari amaze gukusanya amafaranga make yamufashije kubona visa yo kwerekeza mu Bwongereza aho yakuye ubutunzi afite uyu munsi.

Mu 2019 nibwo benshi bamenye uyu mugabo ubwo yari amaze gushinga ‘Quick Angels Limited.’ Iki kigo cyateye inkunga imishinga itandukanye, cyakomeje gukura kugeza ubwo yaje kugihindurira izina acyita ‘Bills-Micro credit Ltd’.

Ku wa 21 Werurwe 2025, Quaye yizihizaga isabukuru y’imyaka 40 y’amavuko, ibirori yatumiyemo abarimo Davido, Diamond, Sarkodie, umukinnyi wa filime ukomeye muri Nigeria Richard Mofe Damijjo, King Promise, Stonebwoy, Kidi n’abandi bakinnyi ba filime barimo Rita Dominic na Ramsey Nouah.

Ku rutonde rw’abo yatumiye kandi harimo na Perezida wa Ghana, John Dramani Mahama, Aliko Dangote ukize kurusha abandi muri Afurika n’abandi bafite amazina yihagazeho.

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru ye y’amavuko, Quaye yahise yihemba indege ye bwite ndetse n’imodoka yo mu bwoko bwa Bugatti iri mu zihenze ku Isi.

Mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y'imyaka 40, Richard Nii-Armah Quaye yisengereye Bugatti nshya
Uretse Bugatti, Richard Nii-Armah Quaye yaniguriye indege bwite mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y'imyaka 40
Richard Nii-Armah Quaye wavutse ku wa 21 Werurwe 1985 yizihije isabukuru y'imyaka 40 y'amavuko mu birori yatumiyemo ibyamamare
Richard Nii-Armah Quaye ni umwe mu baherwe bakomeye muri Ghana
Richard Nii-Armah Quaye agenda mu modoka zigezweho

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .