00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyo wamenya kuri Isaac Mudakikwa; umuramyi w’impano yihariye

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 4 April 2025 saa 08:42
Yasuwe :

Umusore witwa Uhumuriza Mudakikwa Isaac ukoresha amazina ya Isaac Mudakikwa mu muziki wo kuramya Imana, ni umwe mu bahanga ariko batajya bavugwa cyane mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga mu Rwanda.

Uyu musore abamaze kumutera ijisho bamukundira impano ye n’uko ahuza ubutumwa bwe no guhumuriza abafite ibibazo. Uretse kuba ari umuririmbyi kandi azi no gucuranga Guitar ndetse na Piano, ibyo na byo bikaba bimwe mu bishyira ikirungo mu muziki we.

Mudakikwa amaze gukora indirimbo zirimo iyo yise “Irindi Rimwe” na “Umutima” zakunzwe cyane, iyo yise “Nzategereza”, “Umutima”, “Tuza” n’izindi zitandukanye.

Mu kiganiro na IGIHE, yavuze ko yatangiye kuririmba kuva akiri muto gusa bwa mbere ajya muri studio bikaba byari mu 2012. Yagaragaje ko yiyumvisemo umuziki wo kuramya Imana kuko yavukiye mu muryango ukijijwe. Ati “Nagize ubuntu bwo kuvukira mu muryango wa gikristo, data ari pasiteri urumva iyo ukuriye mu rusengero kumenya umuhamagaro birihuta.”

Yagaragaje ko mu muziki ikintu kimuvuna ari ugukora indirimbo abantu ntibayimenye kandi yumva ari nziza, gusa avuga ko ashima Producer Boris kuko yahinduye imitekerereze ye amwereka ko bishoboka iyo umuntu adacitse intege.

Ati “Njya nshima Imana kuko igenda inshira mu nzira zanjye abantu bambera umugisha umunsi ku wundi. Ikindi nasomye ahantu William Marrion Branham, avuga ngo iyo Imana iguhaye impano kugira ngo yaguke igere kure ni wowe ugomba kubigiramo uruhare rero uko umuntu akora cyane ni ko abamukurikira baguka.”

Uyu musore ngo ntabwo yibara mu banditsi beza b’indirimbo kuko yandika akora ibyo Imana imuhaye, kuko mu gihe itamufashije arategereza kuko iyo agerageje ibye bitamuhesha umugisha.

Isaac Mudakikwa kuri we mu myaka itanu ashaka kuba aho Kristo amwifuza kuba igikoresho yifashisha, ahesha abantu be umugisha abaganiriza. Ati “Nifuzako ibisekuru bizakurikira twazabibera urugero rwiza, kuko ntawakoreye Imana ngo akorwe n’isoni kuko ari Imana yo kwizerwa.”

Kuri we kandi avuga ko ikintu yifuza kugeraho mu muziki kurusha ibindi, ari ukubona abantu bakizwa bakakira Yesu nk’Umwami n’Umukiza biciye mu ndirimbo ze.

Isaac Mudakikwa aheruka gushyira hanze “Uwo Kwizerwa” gusa avuga ko hari n’indi iri mu nzira, nyuma yaho izakurikirwa na Extended Play [EP] ndetse n’igitaramo mbere y’uko uyu mwaka urangira niharamuka nta gihindutse.

Mudakikwa yamenyekanye mu bihangano bitandukanye
Mudakikwa amaze imyaka myinshi atangiye kuririmba
Uyu musore yabaye umuririmbyi cyane ko iwabo yakuriye mu rusengero

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .