00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyihariye ku gitaramo Alex Dusabe agiye kwizihirizamo imyaka 25 amaze mu muziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 11 February 2025 saa 01:57
Yasuwe :

Alex Dusabe yatangiye imyiteguro y’igitaramo “Umuyoboro Live: 25 years of grace and talent” giteganyijwe ku wa 3 Kanama 2025, aho azaba yifatanya n’abakunzi be mu kwizihiza imyaka 25 amaze mu muziki.

Uretse kuba iki gitaramo Alex Dusabe azaba acyizihirizamo imyaka 25 amaze mu muziki, arateganya no kukimurikiramo album ye nshya amaze igihe akoraho.

Ubwo yakomozaga kuri iki gitaramo mu kiganiro yagiranye na IGIHE, Alex Dusabe yagize ati “Ni igitaramo nzizihirizamo imyaka 25 maze mu muziki kuko mu 2000 nibwo nakoze indirimbo yanjye ya mbere nise ‘Umuyoboro’ ari na yo mpamvu nayicyitiriye.”

Uretse iby’iki gitaramo, Alex Dusabe ahamya ko album nshya yitegura gusohora izaba iriho indirimbo ziririmbye mu ndimi enye, Ikinyarwanda, Igifaransa, Icyongereza n’Igiswahili.

Ati “Ni album itandukanye n’izindi nagiye nkora kuko iyi nagiye kuyikora ntekereza kwagura umuziki wanjye ukaba wagera no ku rwego mpuzamahanga, ni yo mpamvu nahisemo gukora indirimbo mu ndimi zitandukanye.”

Mu rwego rwo kurushaho kurarikira abakunzi be iyi album no kugira ngo azajye gukora igitaramo hari indirimbo zizwi, Alex Dusabe yiyemeje byibuza gusohora indirimbo imwe buri kwezi.

Ati “Buri kwezi tariki 25 ngiye kujya nsohora indirimbo, uretse ko na nyuma y’igitaramo ariwo mujyo nzakomerezamo ariko abantu bumve ko ubu bagiye kumva umuziki wanjye ku bwinshi.”

Alex Dusabe yahishuye ko album ye nshya yayikoze afatanyije na Aaron Nitunga uri mu bahanga mu gukora no gutunganya indirimbo z’abahanzi.

Alex Dusabe yateguje igitaramo azizihirizamo imyaka 25 amaze mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .