00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibyaranze ibirori by’urwenya byo kwizihiza imyaka itatu ya Gen-Z Comedy (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 March 2025 saa 12:32
Yasuwe :

Abanyarwenya batandukanye bakomeye mu Rwanda na Uganda, bataramiye abanya-Kigali hizihizwa imyaka itatu ya Gen-Z Comedy.

Ni mu gitaramo cyabaye kuri uyu wa Kane tariki 27 Werurwe 2025, muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) ahazwi nka Camp Kigali.

Abanyarwenya bibanze ku buzima bwabo bwite ariko banagaruka ku buzima busanzwe bwo muri Uganda ndetse no mu Rwanda, bananyuzamo bagaserereza bamwe mu byamamare bari bitabiriye. Nka Alex Muhangi yavuze ko DJ Pius kubera uburebure afite, ashobora kureba ahazaza.

Ati “Mu Rwanda mufite amahirwe kuko mufite, DJ Pius, uyu mugabo ashobora kureba ejo hazaza.”

Ikindi abanyarwenya bibanzeho ni uburyo indirimbo zo mu Rwanda zitinda gutangira kubera ko abaririmbyi bo mu Rwanda bakunze kugaragazamo amarangamutima, naho izo muri Uganda zo zigatangira zirasa ku ntego nta kuzuyaza icyo umuntu, asaba akagisaba rugikubita.

MC Mariachi uri mu banyarwenya bakomeye muri Uganda, yemeje Abanya-Kigali cyane ko yinjiriye mu ndirimbo ‘Sikosa’ ya The Ben, Kevin Kade na Element EléeeH. Uyu munyarwenya yateruye Christelle usanzwe ari umwe mu bakobwa b’ikimero bakunze kwitabira ibitaramo bya Gen-Z Comedy, ndetse ntiyoroherwa kugeza ubwo baguye ku rubyiniro.

Mariachi yagaragaje ko yishimiye Christelle, ndetse n’amafaranga yasaruye mu bafana yamubwiraga ko bayagabana.

Umunyarwenya Pablo wabiciye bigacika muri Uganda binyuze mu bitaramo birimo ‘Comedy Store’, yatunguranye yinjirira mu ndirimbo ‘Azabatsinda Kagame’ ya Musengima Beatha, ubwo yataramiraga abakunzi be muri Gen-Z Comedy.

Muri iki gitaramo abanyarwenya barimo Umushumba ndetse na Rusine Patrick bari bitezwe ntabwo bagaragayemo.

Iki gitaramo cyaririmbyemo Lionel Sentore wamamaye mu ndirimbo ‘Uwangabiye’ yamenyekanye mu bihe by’amatora ya Perezida wa Repubulika aheruka. Uyu muhanzi yaririmbye n’izindi ndirimbo ze ziganjemo iz’umudiho wa Kinyarwanda binyura benshi.

Igitaramo cyabaye hizihizwa imyaka itatu y’ibitaramo bya Gen- Z Comedy, ndetse Fally Merci ubitegura yahawe impano yihariye n’abanyarwenya yafashije kugaragaza impano zabo muri iyi myaka ishize.

Muri iki gitaramo umunyarwenya Joseph Angel Napi Ondo wamamaye mu bihangano binyuranye cyane cyane ku mbuga nkoranyambaga, yatunguranye cyane ko atari ari mu bamamajwe bazataramira muri iki gitaramo.

Ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’ byatangiriye ku Kimihurura aho benshi bazi nko mu Rugando mu 2021, ku gitekerezo cya Ndaruhutse Merci benshi bazi nka Fally Merci mu bijyanye no gusetsa.

Abakunzi b'urwenya bari basakiwe
Iki gitaramo cyari cyitabiriwe n'abantu batandukanye biganjemo abasanzwe bakunda urwenya
Iki gitaramo cyari gitegerejwe na benshi
Mc Mariachi na Madrat ubwo bageraga ahabereye iki gitaramo
Umunyarwenya Joshua ku rubyiniro
Umunya-Uganda Mc Mariachi ni umwe mu bashimishije benshi
Pirate umaze kubaka izina mu bitaramo bya Gen-Z Comedy ubwo yari ari ku rubyinro
Muri Gen-Z Comedy buri wese yisangamo ndetse biragoye gutaha uwitabiriye adasetse
Pablo ubwo yari ari ku rubyiniro yashimishije benshi
Ni igitaramo cyabaye hizihizwa imyaka itatu ya Gen-Z Comedy
Fally Merci watangije ibi bitaramo niwe wayoboye iki cyo kwizihiza imyaka itatu nk'uko asanzwe abikora
Alex Muhangi na Fally Merci bari ku rubyiniro bashimishije benshi
Alyn Sano uri iburyo na DJ Pius ni bamwe mu bari bitabiriye
Lionel Sentore yataramiye abari bitabiriye
Karole Kasita yagaragaje ubuhanga mu kubyina
Umuhanzikazi Karole Kasita ugezweho muri Uganda ni umwe mu baririmbiye abari bitabiriye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .