00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaramo bya MTN Iwacu Muzika byatangiriye mu Karere ka Musanze (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 6 July 2025 saa 01:39
Yasuwe :

Ibitaramo bizenguruka igihugu bya MTN Iwacu Muzika Festival byatangiriye mu Karere ka Musanze kuri uyu wa 5 Nyakanga 2025, bitangirana umurindi uri hejuru by’umwihariko ku bakunzi b’umuziki beretse urukundo abahanzi bihebeye.

Umuhanzi QD usanzwe ukomoka mu Karere ka Musanze ni we wahawe amahirwe yo kugaragariza impano ye abakunzi b’umuziki bari bitabiriye iki gitaramo.

Mu ndirimbo ze nka ‘Teta’ n’izindi zinyuranye, QD yagaragaje ko ari umwe mu bahanzi bo guhanga amaso ejo hazaza mu muziki w’u Rwanda.

Nyuma ya QD, Ariel Wayz ni we wabimburiye abandi bahanzi batumiwe muri MTN Iwacu Muzika Festival kujya ku rubyiniro, gusa mu gihe yari amaze kuririmba indirimbo ye ya mbere imvura yikojeje ku butaka bituma abafana batatana bashaka aho bugama.

Nubwo akavura kakanze bamwe mu bafana, ntabwo Ariel Wayz yigeze imukanga kuko yakomeje akaririmba asusurutsa abafana bari bemeye kunyagiranwa na we.

Nyuma yo gutanga ibyishimo byuzuye ku bakunzi be, MC Buryohe na Bianca bari bayoboye iki gitaramo bahise bahamagara Kivumbi King ku rubyiniro.

Uyu muraperi na we utakanzwe n’imvura yageze imbere y’abakunzi be batankanzwe n’imvura na we arabataramira imvura irinda imuhitiraho.

Yaba Kivumbi ndetse na Ariel Wayz ni abahanzi baririmbye mu bihe bigoye ariko abakunzi b’umuziki babanambaho ndetse wabonaga ko indirimbo zabo zizwi mu baturage.

Nyuma yabo Nel Ngabo ni we wari utahiwe ku rubyiniro. Uyu muhanzi wari witezwe na benshi cyane ko ari ubwa mbere yari yitabiriye ibi bitaramo, ntabwo yigeze abatenguha kuko yabaririmbiye nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe na bo si ukumufasha bahera ku ya mbere.

Akiva ku rubyiniro, Nel Ngabo yarusigiye Juno Kizigenza wari utegerejwe na benshi mu bakunzi be bari bamaze binubira uburyo akunze kurenzwa ingohe mu bitaramo nk’ibi.

Juno Kizigenza mu ndirimbo ze nka Igitangaza, Shenge, Jaja n’izindi yatanze ibyishimo ku bakunzi be, asoreza kuri Puta yakoranye na Bull Dogg noneho bose bajya mu bicu.

Bull Dogg wari umaze kugera ku rubyiniro, si umuhanzi wari gupfa kuruvaho gutyo ahubwo na we yahise akomerezaho asusurutsa abakunzi be bari bamaze kumuha ikaze mu buryo bushimishije.

Uyu muraperi wanizihizaga isabukuru y’amavuko ya mugenzi we nyakwigendera Jay Polly baririmbanaga mu itsinda rya Tuff Gangz, yatanze ibyishimo ku bakunzi ba Hip Hop mbere y’uko ava ku rubyiniro ngo arusigire Riderman.

Riderman na we ntabwo yigeze atenguha abakunzi b’umuziki we kuko nk’ibisanzwe abakunzi b’umuziki we bishimiye bikomeye kongera kumubona abaririmbira nyinshi mu ndirimbo ze zakunzwe hafi mu myaka 20 ishize.

Ni umuraperi wavuye ku rubyiniro arusigiye King James wari ukumbuwe bikomeye n’abakunzi be b’i Musanze, ntabwo yigeze abatenguha kuko mu ndirimbo ze ziganjemo izimaze imyaka myinshi zikunzwe yabahaye ibyishimo nabo si ukubyina karahava.

Iki gitaramo cyatangiye saa cyenda zuzuye z’amanywa, cyarangiye saa moya zirenga z’ijoro abakunzi b’umuziki bataha bakinyotewe umuziki w’aba bahanzi kuko cyarinze gishyirwaho akadomo ubona imbaraga zikiri nyinshi.

Hakiri kare ibyuma byari byamaze gutegurwa hasigaye ko abahanzi bahagera bagataramira abakunzi babo
Abaterankunga b'ibi bitaramo nka Primus na MTN Rwanda baba bashyize ibyapa byamamaza mu myanya yabyo hakiri kare
Abafana binjiye hakiri kare ubona bizihiwe
Abashinzwe umutekano, bacungiraga hafi buri ntambwe z'abafana
QD niwe muhanzi ukomoka i Musanze wahawe amahirwe muri ibi bitaramo
QD yageze aho asimbukira mu bafana
Abafana basamanye yombi umuhanzi QD
MC Buryohe na Bianca nibo bari bayoboye iki gitaramo
MC Buryohe, Bianca na DJ Tricky baba bitoje uburyo bwo kuryohereza abakunzi babo mu bitaramo bya MTN Iwacu Muzika Festival
Ariel Wayz niwe wabanje ku rubyiniro mu bahanzi batumiwe muri MTN Iwacu Muzika Festival
Ariel Wayz yagerageje guha ibyishimo abakunzi be
Kivumbi King yagiye ku rubyiniro imvura ikiri kugwa
Imvura yaje kukameza abantu bakwirwa imishwaro bashaka aho bugama
nubwo imvura yaguye bamwe mu bafana bakajya kugama, hari bamwe batigeze bahava
Kivumbi King ntabwo yakanzwe n'imvura, ahubwo yahaye ibyishimo abakunzi be
Nel Ngabo ni uku yaserutse ku rubyiniro
Nel Ngabo yasanze indirimbo ze zizwi i Musanze
Umukundwa Clemence wamamaye nka Cadette na Shema Tattoo ni bamwe mu bakurikiye iki gitaramo
Abafana bishimiye Nel Ngabo ku rwego rwo hejuru
Juno Kizigenza yatangiye iki gitaramo ajyana n'abakunzi be hejuru
Bwiza ni umwe mu bakurikiye iki gitaramo
Bwiza yarebye iki gitaramo ari kumwe na Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice
Juno yasoreje umwanya we ku rubyiniro ku ndirimbo Puta yakoranye na Bull Dogg
Uretse abafana bishimiye kubona Bull Dogg na Juno baririmbana 'Puta', nabo ubwabo byabashimishije
Juno Kizigenza yasigiye urubyiniro Bull Dogg
Umuziki urashimisha
Bull Dogg uretse gutaramira abakunzi be yanabibukije ko uyu munsi wari isabukuru y'amavuko ya Jay Polly
Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru, Mugabowagahunde Maurice wari witabiriye iki gitaramo, yasabye abitabiriye iki gitaramo bari biganjemo urubyiruko kwirinda ubusinzi
MC Buryohe na Bianca bashimira Guverineri w'Intara y'Amajyaruguru wari umaze kuganiriza abitabiriye MTN Iwacu Muzika Festival
Riderman ni uku yaserutse muri iki gitaramo
Riderman yagaragaye ku rubyiniro ari kumwe na murumuna we Bobbly
Mu gihe hafi cy'iminota 45 ku rubyiniro, Riderman yatanze ibyishimo ku bakunzi be
Abakunzi b'umuziki beretse urukundo rwinshi Riderman
King James ni umwe mu bahanzi bari bategerezanyijwe amatsiko
King James akigera imbere y'abakunzi be nawe amatsiko yari yose yibaza uko ahakirwa nyuma y'igihe atahataramira
Abafana bishimiye King James ku rwego rwo hejuru
King James yaririmbye nyinshi mu ndirimbo zimaze imyaka 20 zikunzwe mu Rwanda
King James yananyuzagamo akaririmbana n'abakunzi be
MC Bianca byageze aho bimwanga mu nda ajya gufatanya na King James gushimisha abakunzi b'umuziki b'i Musanze

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .