00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibitaramo bya Isango na Muzika Awards byasorejwe i Nyagatare (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 8 December 2024 saa 08:55
Yasuwe :

Ibitaramo bya Isango na Muzika Awards byari bimaze iminsi bizenguruka mu Ntara zitandukanye, byasorejwe mu Karere ka Nyagatare aho abahanzi barimo Bushali na Bwiza basusurukije abanyeshuri biga muri Kaminuza y’u Rwanda, Ishami rya Nyagatare.

Ni ibitaramo byatangiriye mu Karere ka Musanze, bikomereza i Huye na Nyabihu, bisorezwa i Nyagatare ku wa 7 Ukuboza 2024.

Nyuma y’ibi bitaramo bigamije kumenyekanisha ibihembo bya ‘Isango na Muzika Awards’ mu Ntara zitandukanye, hazatangazwa abahatana kugira ngo hazatoranywemo abahiga abandi bahabwe ibihembo byabo.

Ikigo cy’itangazamakuru cya Isango Star kigiye gutanga ku nshuro ya gatanu ibihembo bya IMA Awards (Isango na Muzika Awards) bigenerwa abahize abandi mu myidagaduro.

Ibi bihembo bigamije gushimira abahanzi ndetse n’abari mu ruganda rw’imyidagaduro, bizatangwa tariki 22 Ukuboza 2024 muri Kigali Convention Centre.

Kuva mu 2023 ibi bihembo bibanzirizwa n’ibitaramo bibera hirya no hino mu gihugu bizwi nka ’Isango na Muzika Awards Tour’.

Abahanzi bahatanira ibi bihembo ndetse n’abazitabira ibitaramo bya Isango na Muzika Awards Tour, bazatangazwa mu minsi iri imbere.

Ibi bihembo bitegurwa na Isango Star binyuze mu kiganiro “Isango na Muzika” kimaze imyaka irenga 10 giteza imbere abahanzi.

Ikinyobwa cya Maltona cyari cyegerejwe abanyeshuri b'i Nyagatare
Abitabiriye iki gitaramo batashye bashize inyota kubera Maltona
RBC yari yatwaye imodoka yayo i Nyagatare mu rwego rwo korohereza abifuzaga gutanga amaraso
Hari abahise batanga amaraso
Inkumi za Kigali Protocol nizo zafashaga abitabiriye iki gitaramo
Kenny Edwin ni umwe mu bahanzi bakizamuka bahawe amahirwe na Isango Star bazengurukana muri ibi bitaramo
Kenny Edwin yari yaserukanye n'itsinda ryamubyiniraga
Abakunzi b'umuziki bari banyotewe kubona abahanzi bihebeye
Bwiza yanyuzagamo agaha umwanya abafana bakabyinana
Bwiza yatanze ibyishimo ku banyeshuri biga muri Kaminuza y'u Rwanda ishami rya Nygatare
Bwiza yahaga umwanya abakunzi be bakaririmbana nyinshi mu ndirimbo ze
Bwiza yabyinanye n'abakunzi be b'i Nyagatare
Ubwo Bushali yazamukaga ku rubyiniro
Bushali yeretswe urukundo rwinshi n'abakunzi be b'i Nyagatare
Bushali ataramana n'abakunzi be mu gitaramo cyabereye mu cyumba cy'imyidagaduro cya kaminuza
Byari ibyishimo ku bakunzi ba Bushali bari bamwiboneye imbonankubone
Bushali yafatanye ifoto y'urwibutso n'abakunzi be b'i Nyagatare

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .