00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

‘The Stage Fashion Showcase’ yabaye mu isura nshya y’abambaye umweru (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 16 February 2025 saa 02:56
Yasuwe :

Abanyamideli batandukanye bakomeye mu Rwanda banyuze ku rubyiniro rw’ibirori bya ‘The Stage Fashion Showcase’; byari bifite umwihariko wo kuba ababyitabiriye bose bari bambaye umweru gusa.

Ni mu birori byabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Gashyantare 2025, ahitwa Lemon Kigali.

Mucyo Sandrine utegura ibi birori mu kiganiro yagiranye na IGIHE, yagaragaje ko gutekereza ibi bitaramo bitizanye, ahubwo ari ibintu bimeze nk’aho yari afitiye umwenda uruganda rw’imideli.

Ati “Nabitekereje ndi i Burayi cyane ko numvaga aka kazi kacu gatangiye gusa nk’aho kagenda gake. Ndavuga nti ’ubwo ibitaramo bitakiba reka nkore ikintu cyihariye, abantu bashobora kwishimira’. Niyo mpamvu natekereje ‘The Fashion Stage’ mvuga nti ’ningira amahirwe kizaba ikintu gihoraho’. Numvaga ari ikintu gishobora kuzaba gikomeye niyo mpamvu navuze nti ’reka ntangire wenda umunsi umwe nzahesha ishema u Rwanda.’”

Mucyo avuga ko imbogamizi bahura nayo ikomeye ari iyo kubura abaterankunga, ndetse bikaba kimwe mu bituma abakora ibitaramo bimeze nk’iki yari yakoze bacika intege.

Ati “Ikintu ngiye gukora ni uguha agaciro urukundo abantu batwereka. Iyo ukoze ibintu bakabikunda uharanira gukora udushya kugira ngo bizabashe kugira ireme, aho kubikora umunsi umwe bikarangira abantu babihaze. Dukeneye abaterankunga kuko dufite impano zikeneye gushyigikirwa. Aba bana bose uko bari hano dukeneye kubafasha no kubitaho. Abenshi ni abanyeshuri kandi nta kazi bafite.”

Uyu mukobwa ahamagarira abashoramari kuyishora mu ruganda rw’imideli kuko ari rumwe mu ziri kwiyubaka mu buryo bwihuse mu Rwanda.

Mucyo avuga ko afite inzozi z’igihe kirekire z’ibi bitaramo ku bantu bari mu ruganda rw’imideli. Ati “Mba nshaka guha rugari ku muntu uwo ari we wese. Mba nshaka guha umwanya abanyempano kandi nkavuga nti ’abantu bazagukunda.’”

Ibitaramo bya ‘The Stage Fashion Showcase’ byatangiye mu 2023. Biteganyijwe ko ari ibirori bizaba ngarukamwaka, bigamije gukomeza kuzamura uruganda rw’imideli mu Rwanda.

Bwa mbere byabaye ku itariki 14 Ukwakira 2023 mu birori byabereye muri Kigali Marriot Hotel.

Byari ibyishimo ku bitabiriye ibi birori
Abahanga mu kumurika imideli batanze ibyishimo ku bakunzi b'ibi birori
Hamuritswe imyenda itandukanye
Abazindutse bagize umwanya wo gufatira ifoto ahabereye ibi birori
Hamuritswe imyenda itandukanye
Uwineza Peace Shakirah wamamaye muri sinema ariko ubu akaba yarinjiye mu ishoramari ry'urusenda, ni umwe mu bari baserukiye muri ibi birori
Abanyamujyi bari babukereye
Abahanzi b'imideli bakomeye mu Rwanda bari bahawe rugari
Ababishoboye bafatanye amafoto y'urwibutso
DJ Lamper ni umwe mu bitabiriye ibi birori
Herekanywe imyambaro irimo umushanana
Ibirori bya ‘The Stage Fashion Showcase’ byabaye mu isura nshya y’abambaye umweru gusa
Mucyo Sandrine utegura ibi birori ni uku yaserutse yambaye
Mucyo Sandrine utegura ibi birori ni uku yari yirimbishije
Mucyo Sandrine watangije ibi birori ni uku yaserutse
Muhire Patrick afatana ifoto na Mucyo Sandrine watangije ibi birori
Muhire Patrick watangije inzu ihanga imideli ya Inkanda House ni umwe mu bari bitabiriye
Niyigena Maurice watangije inzu ihanga imideli ya Matheo Studio ni uku yaserutse

Amafoto: Kasiro Claude


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .