Kuri ubu inkuru igezweho n’iy’uyu mukobwa uzwi ku mbuga nkoranyambaga nka Lilly, watangaje ko yihebeye umukinnyi Kwizera Janvier.
Ni umukobwa w’ikimero kigaragara uba muri Finland, umaze iminsi avugwa mu rukundo n’abakinnyi ba ruhago.
Babinyujije ku mbuga nkoranyambaga muri iyi minsi Lilly ndetse na Kwizera Janvier benshi bita Rihungu, bamaze iminsi baca amarenga y’urukundo rwabo rwakajije umurego mu mpera z’umwaka ushize.
Ni urukundo rwahamijwe n’uyu mukobwa wasangije abamukurikira ifoto y’uyu mukinnyi urinda izamu rya Police FC, ashyiraho akamenyetso k’umutima ubusanzwe kifashishwa n’abakundana.
Ni ifoto yakiranywe yombi n’abamukurikira bahise batangira kubifuriza kuryoherwa n’urugendo rw’urukundo batangiranye.
Iyi foto yakurikiwe n’amashusho aba bombi bakunze gusangiza amashusho bari gusangira umunezero w’urukundo.
Uyu mukobwa ageze kuri Rihungu mu gihe mu minsi ishize yasangije abamukurikira amashusho ari gusomana na Rwatubyaye Abdoul, Kapiteni wa Rayon Sports FC.
Ni amashusho yavugishije abatari bake cyane ko yagiye hanze mu gihe inkuru z’uko uyu mukobwa yaba yaragize uruhare mu gusenyera Karera Hassan zari zitarasaza mu mitwe ya benshi.
Mbere y’aho, Lilly yasohoye amashusho ari mu bihe byiza na Karera ku munsi mukuru w’amavuko w’uyu mukinnyi wakiniye amakipe nka APR FC na Kiyovu Sports.
Nyuma y’uko ayo mashusho agiye hanze, byababaje cyane uwari umugore wa Karera, atangaza ko batandukanye.
Umugore wa Karera yateranye amagambo na Lilly amushinja kumutwarira umugabo mu gihe undi yavugaga ko nta ruhare abifitemo.











TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!