00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ibintu bitatu byazamura umuziki w’u Rwanda mu mboni za Tom Close

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 February 2025 saa 01:01
Yasuwe :

Tom Close yavuze ko gushinga igitangazamakuru mpuzamahanga no kwiga ku mategeko arengera abashoye mu muziki ari bimwe mu byafasha kuwugeza ku rwego mpuzamahanga.

Ibi Tom Close yabigarutseho mu kiganiro yagiranye na IGIHE ubwo yagarukaga ku kintu abona cyateza imbere umuziki w’u Rwanda.

Yagize ati “Dukeneye uburyo bwatuma haboneka amafaranga ajya mu muziki […] hari abandi babizanamo ubwenge bwinshi bakita ku mategeko gusa, yego nayo arakenewe kuko abahanzi dufite ikintu nakwita ubutesi cyangwa ubukubaganyi bwo kwirebaho gusa, umuntu akaza akagushyiramo amafaranga ye, ejo mu gitondo ukumva ko wabyuka ukabivamo.”

Tom Close yavuze ko uretse amafaranga n’amategeko, hakenewe kureba uburyo u Rwanda rugira igitangazamakuru mpuzamahanga.

Ati “Dukeneye kugira igitangazamakuru mpuzamahanga muri iki gihugu, dukeneye ikinyamakuru gitangaza inkuru zacu ku ruhando mpuzamahanga. Ibitangazamakuru dufite 99% bigenewe Abanyarwanda ariko dukeneye kugira igitangazamakuru gishobora kugenera amakuru n’abatumva Ikinyarwanda […] kikaba cyanahabwa ubushobozi bwo kugera kuri abo bantu aho bari hose ku Isi.”

Tom Close ni umwe mu bahanzi bakomeye mu muziki w’u Rwanda kuko yitegura kuzuza imyaka 20 awukora.

Tom Close yavuze ko u Rwanda rukeneye gukora igitangazamakuru mpuzamahanga cyarufasha kuzamura umuziki w'abahanzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .