00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Harimo abatinya urugendo rurerure - Bwiza avuga ku mpamvu atajyanye n’ababyinnyi be i Rusizi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 October 2024 saa 11:12
Yasuwe :

Nyuma y’igitaramo cya MTN Iwacu Muzika Festival cyabereye i Rusizi mu mpera z’iki cyumweru, Bwiza ntabashe kujyana ababyinnyi be yahishuye ko byatewe nuko muri bo harimo abatinya urugendo rurerure.

Ibi yabigarutseho nyuma yo gutaramira i Rusizi mu gitaramo cyabaye ku wa 12 Ukwakira 2024, ubwo yari abajijwe impamvu yahisemo gutarama wenyine nyamara ahandi hose yaragiye ajyana n’ababyinnyi.

Bwiza wari ubanje kubazwa niba ataba yaragonzwe n’ubushobozi cyane ko urugendo rwari rwabaye rurerure yabihakanye avuga ko ikibazo cyabaye amahitamo y’ababyinnyi be.

Ati “Ababyinnyi banjye bamwe muri bo batinya ingendo ndende kandi sinajyana bamwe ngo abandi basigare, ariko nabo basigaye mu myiteguro tuzongera gukorana i Rubavu. Ntabwo ari ikibazo cy’ubushobozi kuko nanjye mfite imodoka nabizanira cyangwa nkanabategera indege ikibazo cyabaye ingendo ndende.”

Bwiza yavuze ko kutitabira kw’ababyinnyi ntacyo byishe ku gitaramo cye, ati “Ibitaramo byinshi mbikora njyenyine, nkuko wabibonye nta bikomeye.”

Bwiza yaboneyeho kurarikira abakunzi b’umuziki we i Rubavu kuzitabira ari benshi, abizeza igitaramo cyiza cyane ko arinacyo cya nyuma mu bya ‘MTN Iwacu Muzika Festival’ byari bimaze iminsi bizenguruka imijyi itandukanye.

Ibi bitaramo byatangiriye mu Mujyi wa Musanze, byanyuze mu yindi nka Gicumbi, Nyagatare, Ngoma, Bugesera, Huye mbere y’uko bigera i Rusizi aho biheruka mu gihe ku wa 19 Ukwakira 2024 bitegerejwe kubera i Rubavu ari naho bizasorezwa.

Bwiza yataramiye i Rusizi atari kumwe n'ababyinnyi be
Bwiza yavuze ko icyatumye atajyana n'ababyinnyi be i Rusizi ari uko barimo abatinya ingendo ndende

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .