00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

’Urutozi Challenge Festival’ igiye gushyirwa ku rwego mpuzamahanga

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 30 December 2024 saa 02:19
Yasuwe :

Nyuma yo gusoza icyiciro cya gatatu cy’irushanwa ‘Urutozi Dance Challenge’, ryahembewemo amatsinda atatu yahize ayandi mu kubyina mu Rwanda, ubuyobozi bw’iri rushanwa bwahise butangaza ko bugiye gutegura irindi ryisumbuyeho, rizarihuza hamwe amatsinda aturutse mu bihugu bitandukanye ku Isi yose.

Iri rushanwa ryasorejwe muri rya Lycée de Kigali (LDK), aho itsinda rya KTY Crew (Kimisagara Youth), ryegukanye umwanya wa mbere rigahembwa miliyoni 1,3 Frw.

Ni mu gihe kandi irya kabiri ryabaye African Mirror ryahawe ibihumbi 800 Frw, naho Indaro Crew yabaye iya gatatu yahawe ibihumbi 500 Frw.

Aba bahigitse bagenzi babo bageze mu cyiciro kibanziriza icya nyuma, barimo Dynamic Dance Crew, Hope Dance Family ndetse na Incredible Kids Academy. Aya matsinda atarabashije kwegukana intsinzi muri iri rushanwa yahawe 100.000 Frw buri rimwe.

Ubwo yaganiraga na IGIHE, Umuyobozi Mukuru wa Urutozi Gakondo itegura iri rushanwa, Nzaramba Joseph, yavuze ko iri rushanwa bishimira ko riri kwaguka ijoro n’amanywa kandi rikaba rigenda rigira ingaruka nziza ku baryitabira.

Ati “Irushanwa riri kugenda ryaguka. Icyiciro cya mbere twari dufite amatsinda atandatu, icya kabiri dufite umunani none ubu twari dufite amatsinda arenga 20 ahuye n’abana 600 baturutse mu gihugu hose rero ryagenze neza turifuza ko n’ubutaha bizagenda neza kurushaho.”

Yavuze ko abana bagiye basura mbere yo kwitabira iri rushanwa bareba ibibazo baba barahuye nabyo. Yahise ateguza irushanwa rizahuriramo amatsinda atandukanye abyina ku rwego rw’Isi yose.

Ati “Turi gutegura iserukiramuco, rizahuriza hamwe amatsinda aturutse ku Isi yose. Ubu irushanwa rimaze imyaka itatu, turashaka gukora iserukiramuco ku buryo tuzakora ikintu cyagutse kurusha aha.”

Avuga ko iri rushanwa ryagiye rigira umumaro kuko abatsinze mbere amafaranga bahawe, bagiye bayifashisha muri sosiyete barimo, bakagura imashini zidoda, bakishyurira bagenzi babo amashuri ndetse bakanayifashisha mu kwikenura mu buryo butandukanye.

Irushanwa rya ‘Urutozi Dance Challenge’ rigiye kujya rihuriza hamwe amatsinda yo ku kubyina ku rwego rw'Isi yose
Iri rushanwa rigamije kugaragaza impano zo kubyina ziri mu rubyiruko
Ubwo hasozwaga icyiciro cya gatatu cy'iri rushanwa abarimo DJ Brianne bari bagiye kwirebera impano urubyiruko rufite mu kubyina
Umuyobozi Mukuru wa Urutozi Gakondo itegura iri rushanwa, Nzaramba Joseph, yavuze ko bishimira ko iri rushanwa riri kwaguka ndetse ubutaha bateganya ko rizajya ku rwego mpuzamahanga
Mu irushanwa ry'iciro cya gatatu itsinda rya KTY Crew (Kimisagara Youth), ryegukanye umwanya wa mbere rigahembwa miliyoni 1,3 Frw
Itsinda rya kabiri muri cyiciro cya gatatu cy'irushanwa ryabaye African Mirror ryahawe ibihumbi 800 Frw
Indaro Crew yabaye iya gatatu yahawe ibihumbi 500 Frw
Amatsinda atatu ya mbere muri iri rushanwa agenerwa ibikombe biherekeza amafaranga
Bamwe mu batsinze muri iri rushanwa bahawe inkunga yo kwishyurirwa ishuri

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .