00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Green P yateguje album ari gukorana na Jay C

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 25 December 2024 saa 08:51
Yasuwe :

Umuraperi Green P yateguje abakunzi ba Hip Hop ko mu 2025 afite imishinga myinshi yiteguye gushyiramo imbaraga irimo no gushyira hanze album ari gukorana na Jay C.

Uyu muraperi wari umaze igihe aba mu Mujyi wa Dubai, mu Ukuboza 2023 nibwo yatashye i Kigali, yiha umwanya wo kumenyera, kuri ubu agahamya ko agiye kongera gusubukura ibikorwa bye by’umuziki.

Ati “Uyu mwaka wari umwaka wo kwiyubaka yaba mu buzima ndetse no mu mutwe, uyu mwaka wari uwo kubanza kureba ikibuga neza […] mu 2025 ndateganya gusohora indirimbo nyinshi kuko nari maze igihe nkora izo ntasohoye.”

Uretse indirimbo yakoze, Green P ahamya ko amaze iminsi mu mushinga wa album ye nshya ari gukorana na Jay C izajya hanze kimwe n’iye ku giti cye, zose zikazajya hanze umwaka utaha.

Green P utabuze byinshi kuri album ye na Jay C, yijeje abakunzi b’umuziki ko mu ntangiriro z’uyu mwaka izaba yagiye hanze agasigara asohora indirimbo ze.

Uyu muraperi ni umwe mu barenga 12 batumiwe mu gitaramo ‘Icyumba cya rap’ giteganyijwe kubera kuri ‘Canal Olympia’ ku wa 27 Ukuboza 2024.

Kwinjira muri iki gitaramo ni ibihumbi 5 Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 10 Frw muri VIP n’ibihumbi 20 Frw muri VVIP ku bazagurira amatike ku muryango.

Abazagura amatike mbere y’umunsi w’igitaramo bo bazayagura ibihumbi 3 Frw mu myanya isanzwe, mu myanya ya VIP bayigure ibihumbi 7 Frw naho VVIP yo bayigure ibihumbi 15 Frw.

Bamwe mu bazitabira iki gitaramo barimo Riderman, Bull Dogg, P Fla, Fireman, Green P, Jay C, Bushali, B-Threy, Zeotrap, Danny Nanone, Logan Joe na Ish Kevin.

Green P yateguje album ari gukorana na Jay C

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .