00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Fireman uri kwivuriza i Huye, yatunguranye mu gitaramo cya ‘Tour du Rwanda Festival’ (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 1 March 2025 saa 12:24
Yasuwe :

Fireman umaze iminsi ari kwivuriza i Huye, aho ari kwitabwaho n’abahanga ku bibazo by’ubuzima bwo mu mutwe, yatunguranye mu gitaramo cya ‘Tour du Rwanda Festival’ yakorewe muri ako karere.

Uyu muraperi yijyanye i Huye muri ‘Isange Stop Center’, aho yifuzaga kumarana igihe n’umuhanga mu bijyanye n’ubuzima bwo mu mutwe uri kumufasha kongera kubaka ubushobozi mu bijyanye n’imitekerereze.

Fireman kuri ubu bigaragara ko amerewe neza i Huye, yerekejeyo muri Mutarama 2025, amakuru avuga ko asigajeyo igihe gito akaba yataha akongera gukomeza umuziki nk’ibisanzwe cyane ko hari album yagiye atangiye gukoraho, aho yifuza kuyisohora muri uyu mwaka.

Iki gitaramo cyabereye mu Mujyi wa Huye ku wa 28 Gashyantare 2025 cyaherekeje irushanwa rya ‘Tour du Rwanda’ ryari ryahageze rivuye mu Karere ka Rusizi.

Ubwo ibi bitaramo byari bigeze i Huye, abategura ibi bitaramo bahuye na Fireman bemeranya ko uyu muraperi agomba gususurutsa abakunzi b’umuziki bari bakoraniye muri ‘Car Free Zone’.

Uretse Fireman, iki gitaramo cyaririmbyemo abandi bahanzi barimo Bwiza, Bushali, Juno Kizigenza, Mico The Best na Senderi Hit.

Ibi bitaramo byatangiriye mu Karere ka Musanze byakomereje i Rubavu mbere y’uko bigera i Huye aho bigomba kuva byerekeza mu Mujyi wa Kigali tariki 2 Werurwe 2025.

Juno Kizigenza yongeye gushimangira ko ari umwe mu bahanzi bakunzwe i Huye
Fireman amaze iminsi ari kwivuriza i Huye
Fireman yatunguranye mu gitaramo cya ‘Tour du Rwanda Festival’
Chriss Eazy utarataramiye i Rubavu yongeye kwigaragariza abakunzi be i Huye
Senderi Hit ni umwe mu bahanzi bagaragarizwa urukundo muri ibi bitaramo byo mu ntara
Abakunzi b'umuziki bari benshi muri iki gitaramo cyabereye i Huye
Mico The Best yishimiwe n'abakunzi b'umuziki i Huye
Bwiza ni umwe mu bahanzi bishimiwe bikomeye
Bushali ni umwe mu bahanzi batajya basiba muri ibi bitaramo

Amafoto: Kwizera Remy Moses


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .