Uyu mugore amaze iminsi mu Rwanda aho yari yaje kureba imikino ya Basketball Africa League, izwi nka BAL yahuzaga amakipe ahiga ayandi mu mukino wa Basketball muri Afurika.
Ni imikino yasojwe ku wa 1 Kamena, Petro de Luanda yo muri Angola yegukanye BAL 2024 itsinze Al Ahly Benghazi amanota 107-94. Uyu mukino ni nawo Eudoxie Mbouguiengue yarebeye i Kigali.
Mu kiganiro uyu mugore w’abana bane yagiranye na The New Times,, yavuze ko yahoze yifuza gusura u Rwanda, kubera ko hari umukobwa biganye w’Umunyarwandakazi akamwigisha ibintu bimwe na bimwe.
Ati “Ntewe ishema no kubona uko u Rwanda rwahindutse, nk’umuntu uzi aho igihugu n’abaturage bacyo banyuzemo.’’
Agaragaza ko kuba Kigali izwi nk’Umujyi urimo isuku muri Afurika, ari ubuhamya bw’iterambere igihugu cyagezeho.
Ati “N’ubwo nifuza gusura ahantu henshi hatandukanye mu gihugu, nshaka gusigazaho hake nko gusura Ingagi, ku buryo nzabikora mu gihe naba ndi kumwe n’umuryango wanjye. Ngomba kuzazana umugabo wanjye, Ludacris n’abana banjye kugirira ibihe byiza muri iki gihugu cyuje ubwiza buhebuje.’’
Eudoxie Mbouguiengue yavuze ko azagerageza kubikora vuba, kugira ngo umuryango we nawo awukumbuze u Rwanda.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!