00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Element yashyize umucyo ku mpamvu 1:55AM itagaragara mu ndirimbo ye nshya ‘Tombe’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 24 March 2025 saa 06:22
Yasuwe :

Element Eleeeh yasohoye indirimbo nshya yise ‘Tombe’, ikaba ibaye iya kane asohoye kuva yatangira umuziki mu 2022, icyakora ku rundi ruhande ntabwo igaragaramo ibirango bya 1:55AM Ltd asanzwe abarizwamo.

Mu gushaka kumenya impamvu atagaragaje ibirango bya 1:55AM Ltd. nk’uko byagiye bigaragara mu zindi ndirimbo ze, Element yavuze ko mu by’ukuri adakorera muri iyi sosiyete nk’umuhanzi.

Ati “Njye erega buriya sinigeze nsinya nk’umuhanzi, n’igihe mwaba mwarabonye bajyamo biba ari uko hari uruhare runaka bagize mu ikorwa ry’indirimbo. Ubu rero ni njye wirwanyeho ni yo mpamvu batarimo.”

Element asanganywe sosiyete yise ‘Eleéesphere Music Worldwide’ ari na yo igaragara muri iyi ndirimbo yifashishijemo umubyinnyi rurangiranwa Sherrie Silver.

Uyu musore yavuze ko mu by’ukuri ari muri 1:55AM Ltd. nk’umu ‘producer’, bitandukanye n’ibyari bimaze iminsi binavugwa ko yaba ashaka kuvamo, ahamya ko ari ho akibarizwa rwose ntaho yenda kujya.

‘Tombe’ ya Element ni indirimbo nshya yikoreye mu buryo bw’amajwi, mu gihe amashusho yayo yatunganyijwe na Director Gad afatanyije na Munezero Jean Chretien.

Element yemeje ko nubwo abarizwa muri 1:55AM Ltd nk'umu Producer, nta masezerano ahafite nk'umuhanzi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .