00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Egide Fox yakoze ubukwe

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 March 2025 saa 04:00
Yasuwe :

Mbabazi Egide wamamaye nka Egide Fox mu kazi ko gufotora nk’uwabigize umwuga, yasabye anakwa Clelia bari baherutse gusezerana imbere y’amategeko mu muhango wabereye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Egide Fox yasabye anakwa Clelia mu birori byabereye mu Intare Arena i Rusororo ku wa 28 Gashyantare 2025. Gusezerana mu mategeko byo byabaye muri Mutarama 2025.

Mbabazi Egide ni umuhanga mu bijyanye no gufata amafoto n’amashusho. Yavukiye mu Rwanda, ahiga n’amashuri yisumbuye ariko aza kuhava afite imyaka 14 ajya gukomereza amasomo ye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Akigera muri Amerika yatangiye kwiga ibijyanye no gufotora ahitwa The Hallmark Institute of Photography. Nyuma nibwo yaje gufungura ikigo cye cyitwa Egide Images, atangira kujya yerekana ibikorwa bye abinyujije ku mbuga nkoranyambaga.

Kuri ubu ni umwe mu bagize itsinda rifata amafoto n’amashusho y’ikipe ya Boston Celtics, ibishimangira intambwe akomeje gutera nk’umwe mu Banyarwanda b’abahanga mu gufata amafoto.

Ni akazi Egide Fox, akora afatanyije na mugenzi we w’Umunyarwanda, Sam Mironko bakaba ari nabo baherutse gukorana n’ikipe ya Arsenal ubwo yari yagiye gukorera imyitozo muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

Egide Fox ubwo yari ageze ahabereye ibi birori
Abasore bari baherekeje Egide Fox gusaba no gukwa
Umuhanzikazi Boukuru niwe wasusurukije abatashye ubukwe bwa Egide Fox
Egide Fox yarushinze n'inkumi baherutse gusezerana imbere y'amategeko

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .