00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Edouce Softman yashinze inzu y’imideli (Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 26 December 2024 saa 10:06
Yasuwe :

Umuhanzi Edouce Softman, yatangije inzu ihanga imideli yise ‘Orlando Laurence: OLO’ ikora imyambaro itandukanye irimo iy’abagabo, iy’abana, iy’abageni n’iy’abagore.

Iyi nzu iherereye mu Karere ka Kicukiro, iherutse gusohora amashati yiswe ‘Rwego’.

Edouce Softman yabwiye IGIHE ko yashinze iyi nzu ihanga imideli kuko yakuze akunda ibijyanye n’imideli ku rwego rwo hejuru.

Ati “Uretse kuba abantu baramenye cyangwa banzi nk’umunyamuziki ariko mu by’ukuri nyuma y’umuziki ndi umumtu wakuze akunda imideli cyane. Nkunda guhora nsa neza no kurimba. Ibyo byiyongeraho guhora nshaka umuntu ukunda ibijyanye no guhanga udushya mu bijyanye n’imyambarire yanjye.”

Ni muri urwo rwego yumvaga igihe kimwe kizagera ibijyanye no guhanga imideli akabikora nk’akazi abifatanya n’umuziki. Ati “Nkajya nambika abantu. Cyane ko imideli n’umuziki ari ibintu bibiri byuzuzanya. Muri make bimeze nk’impanga."

Edouce Softman abona ko iki cyari igihe cyo gukora ibijyanye n’imideli nk’akazi, cyane ko abavandimwe be ari abadozi.

Ati “Nagize amahirwe n’umugisha wo kugira abavandimwe babiri bize ibijyanye n’ubudozi. Nibo bambereye imbarutso no kuntera imbaraga zo kwinjira mu mideli ubundi tugafatanya kurimbisha abantu, baba abari mu Rwanda no mu mahanga.”

Edouce Softman yavuze ko intego bafite ari ukuzakora ikintu kinini, nk’uruganda rukomeye ruzwiho gukora imyambaro yihariye.

Edouce avuga ko imyambaro ikorerwa mu nzu ye ihanga imideli baba bayikoreye ijana ku ijana
Edouce yavuze ko mushiki we muto witwa Uwase Janet, ari umwe mu bo bafatanya cyane mu kazi ko kudoda
Edouce Softman aheruka gushyira hanze amashati yise 'Rwego'
Edouce Softman yamenyekanye mu muziki ariko ubu yahisemo kwinjira mu byo guhanga imideli byeruye
Mu myambaro ikorerwa mu nzu ihanga imideli ya Edouce Softman irimo n'iyo umusore n'inkumi bakwambara basohokanye
Mu nzu ya Edouce Softman ihanga imideli hakorerwamo imyambaro igezweho
Kabano ni umwe mu bambaye bwa mbere imyambaro yakorewe muri OLO, inzu ihanga imideli ya Edouce Softman
Nadia Mutoni wamenyekanye ku mbuga nkoranyambaga yambaye ikanzu yakorewe muri OLO ya Edouce Softman
Murumuna wa Edouce Softman uzwi nka Dannystylist ni umwe mu bamufasha mu guhanga imyambaro ikorerwa mu nzu ye ihanga imideli
Nyinawumuntu Rwiririza Delice wamenyakanye cyane ubwo yitabiraga irushanwa rya Miss Rwanda 2020, usanzwe ari umugore wa Edouce Softman yambaye ikanzu yakorewe muri OLO
Tessy na Blandy Star bamamaye mu itangazamakuru ni bamwe mu baganuye bwa mbere ku myenda yakorewe mu nzu ihanga imideli yatangijwe na Edouce Softman

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .