00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Doechii yagizwe umuhanzikazi w’umwaka wa 2025

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 11 March 2025 saa 09:06
Yasuwe :

Billboard izwiho gukora intonde zitandukanye z’abahanzi n’indirimbo bigezweho ku Isi, yagize Jaylah Ji’mya Hickmon uzwi mu muziki nka Doechii, umuhanzikazi w’umwaka wa 2025.

Ni mu itangazo ryashyizwe hanze n’iki kinyamakuru ku wa Mbere, tariki ya 10 Werurwe 2025, aho cyanavuze ko Doechii azashimirwa by’umwihariko mu birori bitagenyijwe mu gitaramo kizahuriza hamwe abagore, giteganyijwe ku wa 29 Werurwe 2025, mu Mujyi wa California.

Uyu muhanzi yaherukaga guhabwa igihembo na Billboard mu 2023, ubwo yari yagizwe umuhanzi mwiza uri kuzamuka neza. Aba uwa gatatu ubikoze nyuma ya Lady Gaga na Ariana Grande.

Iki gihembo kizwi nka ‘Billboard’s Woman of the Year award’, cyigeze kwegukanwa n’abandi nka Karol G, SZA, Olivia Rodrigo, Cardi B, Billie Eilish, Ariana Grande, Selena Gomez, Madonna, Lady Gaga na Taylor Swift.

Doechii kandi ni we muhanzikazi wa kabiri ukora ‘Hip Hop’ wegukanye iki gihembo nyuma ya Cardi B mu 2020.

Mu kwezi gushize kandi, Doechii yabaye umuraperikazi wa kabiri watwaye igihembo cya Grammy Award, mu cyiciro cya ‘Best Rap Album’ nyuma ya Cardi B. Si iki gusa kuko cyaje gikurikira ibya ‘Outstanding New Artist’ na ‘2025 NAACP Image Awards’.

‘Mixtape’ yashyize hanze mu 2024 yise ‘Alligator Bites Never Heal’, yageze ku mwanya wa 14 ku rutonde rwa ‘All-genre Billboard 200’, mu gihe indirimbo ze ebyiri zirimo ‘What It Is (Block Boy)’ na ‘Denial Is a River’ zageze mu ndirimbo za mbere 30 kuri Billboard Hot 100.

Uretse Doechii, Billboard yageneye Itsinda ry’Abanya-Korea rya aespa igihembo cya ‘Group of the Year’. Ángela Aguilar yagenewe icya ‘Breakthrough Award’, Erykah Badu agenerwa ‘Icon Award’, mu gihe GloRilla yegukanye ‘Powerhouse Award’.

Uretse aba kandi bazahemberwa mu birori bizabera i California, Gracie Abrams azahabwa igihembo cya ‘Songwriter of the Year’, JENNIE ahabwe icya ‘Global Force Award’, Megan Moroney ahabwe icya ‘Rulebreaker Award’, Meghan Trainor ahabwe icya ‘Hitmaker Award’, Muni Long ahabwe icya ‘Rising Star Award’ mu gihe Umunya-Afurika y’Epfo Tyla azahabwa icya ‘Impact Award’.

Igikorwa cyo gunga ibi bihembo kizaririmbamo bamwe muri aba bahanzi ari bo aespa, Aguilar, GloRilla, Abrams, Moroney, Long na Tyla bazaririmba muri iki gikorwa.

Denial is a River; imwe mu ndirimbo za Dochii ziheruka

Doechii amaze iminsi ari mu bahanzi bahiriwe
Doechii w'imyaka 26 ari kuzamuka cyane mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .