00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJames yakoreye igitaramo gikomeye i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 December 2024 saa 05:54
Yasuwe :

DJames uri mu bavanga imiziki bafite izina rikomeye mu Bwongereza, mu mpera z’iki Cyumweru turangije yakoreye igitaramo cy’amateka mu Mujyi wa Kigali aho yahuriye n’abahanga muri aka kazi mu Rwanda.

Iki gitaramo cyabereye kuri Mundi Center mu ijoro ryo ku wa 30 Ugushyingo 2024, cyari cyatumiwemo abahanga mu kuvanga imiziki nka DJ Toxxyk, DJ Lamper, DJ June na DJ Trick n’abandi barimo DJ Spinny Umunyarwanda uri mu bafite izina rikomeye muri Uganda.

Mbere y’umunsi umwe ngo igitaramo kibe, amakuru yari hanze yavugaga ko amatike yo kucyinjiramo yamaze gushira ku isoko.

Imbere y’abarenga igihumbi bitabiriye iki gitaramo, aba bahanga mu kuvanga imiziki batanze ibyishimo ku bakunzi b’umuziki.

Umuhanga mu kuvanga imiziki, DJames yakoranye n’abahanzi batandukanye nka Drake, Burna Boy, Asake, Chris Brown n’abandi bafite amazina akomeye ku Isi.

Ubwo yari ageze ku rubyiniro, DJames yagaragarijwe urukundo n’abakunzi b’umuziki bari bakoraniye muri iki gitaramo nawe abahata umuziki barabyina karahava.

Iki gitaramo cyari cyateguwe na Blackout Inc. benshi mu bacyitabiriye bari bambaye imyenda y’umweru cyangwa umukara, ababishoboye bakavanga ayo mabara nkuko byari byategujwe.

DJ Lamper imbere y'abakunzi b'umuziki muri Mundi Center
Abakunzi b'umuziki bitabiriye ari benshi, bageze ahabereye igitaramo hakiri kare
DJ Toxxyk ni umwe mu basusurukije abitabiriye iki gitaramo
Abakunzi b'umuziki bari bakubise buzuye muri Mundi Center
DJames yatanze ibyishimo ku buryp budasanzwe i Kigali
DJames ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki bafite izina rikomeye mu Bwongereza
Abafana bari bishimiye DJames ku rwego rwo hejuru
Muri Mundi Center hari hakubise huzuye
DJames yanyuzagamo agasoma ku mazi ya Virunga
DJ Spinny, umusore w'Umunyarwanda uvangira imiziki muri Uganda ni umwe mu bishimiwe bikomeye
Mundi Center yari yagizwe akabyiniro kakubise kuzuye
DJ Spinny yongeye gushimangira ubuhanga bwe mu kuvanga imiziki
Kivumbi King ni umwe mu bahanzi bari bitabiriye iki gitaramo
Urubyiniro rwari rwateguwe ku rwego rwo hejuru

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .