Iki gitaramo cyiswe ‘Dear Santa’ cyabereye muri Kigali City Tower mu ijoro ryo ku wa 24-25 Ukuboza 2024.
Mu ba DJs bacuranzemo bazwi harimo DJ Marnaud, DJ Toxxyk, DJ Spinny wo muri Uganda ndetse na DJ Tunez wari wavuye i Lagos muri Nigeria.
Uyu musore yageze i Kigali mu ijoro ry’umunsi n’ubundi yari bucurangemo.
Igitaramo cyatangiye ahagana saa saba z’ijoro ndetse ubwitabire bwari hasi cyane.
Nyuma yo kubona ko ubwitabire bushobora kutaba bwinshi, DJ Marnaud yahise ajya ku rubyiniro atangira gususurutsa abakunzi be, akurikirwa na DJ Toxxyk, nyuma ye, DJ Tunez asusurutsa abari bitabiriye.
DJ Spinny ni we washyize akadomo kuri iki gitaramo nyuma yo kujya ku rubyiniro ahagana saa cyenda z’ijoro.
Mu byamamare byo mu Rwanda byitabiriye iki gitaramo harimo DJ Pius, Element , Director Gad na Amalon.
Saa kumi n’imwe n’igice za mu gitondo nibwo DJ Spinny yazinze imashini ashimira abari bitabiriye.
Amafoto: Kasiro Claude
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!