00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Ira yahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda bidasubirwaho

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 15 April 2025 saa 08:24
Yasuwe :

Iradukunda Grace Divine wamenyekanye mu kuvanga imiziki nka DJ Ira uherutse kwemererwa guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda na Perezida Paul Kagame, kuri uyu wa Kabiri yabuhawe mu buryo budasubirwaho.

Kuri uyu wa 15 Mata 2025 ni bwo DJ Ira n’abandi bantu 35, bahawe ubwenegihugu bw’u Rwanda mu buryo budasubirwaho nyuma yo kurahira.

Abo bose uko ari 36 bari baherutse gusohoka mu Igazeti ya Leta ku rutonde rwagiye hanze ku wa 7 Mata 2025, rugaragaza ko bemerewe ubwenegihugu bw’u Rwanda.

Ku wa 16 Werurwe 2025 ni bwo DJ Ira yasabiye mu ruhame Perezida Kagame ubwenegihugu bw’u Rwanda. Perezida Kagame yamubwiye ko ku bwe abumwemereye ariko bisaba kuzuza ibisabwa kugira ngo abuhabwe.

Mu minsi ishize uyu mukobwa yari yabwiye IGIHE ko yatunguwe no kuba yarahamagawe n’abakozi b’Urwego rushinzwe Abinjira n’Abasohoka mu gihe kitageze no ku masaha 24, nyuma yo kwemererwa ubwenegihugu n’Umukuru w’Igihugu, bamusaba ko yajya kuzuza ibisabwa kugira ngo abuhabwe.

DJ Ira ni umwe mu bahanga mu kuvanga imiziki, umwuga yatangiye mu 2016 abifashijwemo na mubyara we, Dj Bissosso.

DJ Bissosso yinjije DJ Ira i Kigali muri Kanama 2015 avuye i Burundi ubwo yari arangije amashuri yisumbuye.

DJ Ira yahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda mu buryo budasubirwaho
Kuri uyu wa Kabiri ni bwo DJ Ira yahawe ubwenegihugu yari yemerewe na Perezida Kagame
DJ Ira ni umwe mu bakobwa bakunzwe mu kuvanga imiziki
DJ Ira n'abandi bantu 35 ni bo bahawe ubwenegihugu bw'u Rwanda kuri uyu wa 15 Mata
Akanyamuneza kari kose ubwo yavugaga indahiro y'abahabwa ubwenegihugu bw'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .