00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Brianne yatunguwe no gushyigikirwa na Gen (Rtd) Kabarebe mu bukangurambaga #Ntituzemera

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 2 March 2025 saa 11:33
Yasuwe :

Mu minsi ishize, ku butumire bwa DJ Brianne na Miss Muyango batangije ubukangurambaga bise #Ntituzemera, Gen. (Rtd) James Kabarebe yaganirije urubyiruko ku mateka y’Igihugu.

#Ntituzemera ni ubukangurambaga bugamije gukangurira urubyiruko kutigira ba ntibindeba ku bibazo by’Igihugu.

Mu kiganiro na IGIHE, DJ Brianne watangije ubu bukangurambaga ahuriyeho na Miss Muyango, yavuze ko byari ibyishimo kubona Gen (Rdt) Kabarebe yifatanya na bo.

Ati “Tubitangira ntabwo twumvaga ko byagera ku rwego rw’uko Afande Kabarebe yakwifatanya na twe, yewe uwakubeshya muri twe ni uwakubwira ko yaba yarakuze atekereza kuzahura n’uyu musirikare w’umunyabigwi mu ngabo z’u Rwanda. Ariko ikizakwereka Igihugu gihoza umuturage ku isonga njye na Miss Muyango byabayeho twicarana na we adufasha kuganiriza urubyiruko amateka y’Igihugu.”

DJ Brianne avuga ko Gen (Rtd) Kabarebe yifatanyije na bo mu rwego rwo kuganiriza urubyiruko amateka y’Igihugu, bityo rukirinda kwigira ba ntibindeba mu gihe kibakeneye.

DJ Brianne yavuze ko iki kiganiro cyabaye nyuma y’uko Gen (Rtd) Kabarebe afatiwe ibihano na Leta Zunze Ubumwe za Amerika, ibyatumye banongeraho ubukangurambaga bwa #Turikumwe mu rwego rwo kumwereka ko bifatanyije na we ndetse n’Ubuyobozi bw’u Rwanda.

Ibi biganiro byasize Gen (Rtd) Kabarebe aganirije urubyiruko amateka y’u Rwanda kugeza ku buzima bw’Igihugu uyu munsi, ibyo DJ Brianne yise impamba ku rubyiruko rwifuza kwifatanya n’Igihugu muri ibi bihe kitorohewe n’amahanga.

Ati “Yaduhaye impamba, nibyo twinjiye mu bukangurambaga bwo kubwira amahanga ko #Tutazemera ibyo bashaka gukora u Rwanda rwacu, rero byari ngombwa kwihugura ku mateka y’u Rwanda, noneho ibaze kuyahugurwa n’Intwari yatabaye mu rugamba rwo kurubohora no guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.”

Uyu mukobwa yavuze ko afite icyizere ko ibiganiro urubyiruko rwagiranye na Afande Kabarebe hari icyo bizabafasha mu guhangana n’abashaka kugoreka amateka y’u Rwanda kuko bamaze kuyamenya byisumbuyeho.

Ni ibiganiro DJ Brianne ahamya ko bifuza ko byaba byinshi kugira ngo bigere kuri benshi mu rubyiruko ndetse n’Abanyarwanda muri rusange, icyakora avuga ko hari n’icyizere ko ababyitabiriye bazabigeza ku bandi hifashishijwe imbuga nkoranyambaga.

Gen. (Rtd) James Kabarebe yaganirije urubyiruko amateka y'Igihugu
Miss Muyango ni umwe mu batangije ubukangurambaga bwa #Ntituzemera
DJ Brianne avuga ko atari yarigeze atekereza ko mu buzima bwe hari icyazamuhuza n'uyu musirikare w'umunyabigwi mu ngabo z'u Rwanda
Gen. (Rtd) James Kabarebe yaganirije urubyiruko ari kumwe na Miss Muyango ndetse na DJ Brianne batangije ubukangurambaga bwa #Ntituzemera
Urubyiruko rwaganirijwe ku mateka y'u Rwanda, rwahawe umukoro wo kuyasangiza abandi binyuze ku mbuga nkoranyambaga rukoresha
Byabasabye kwitwaza ikayi n'ikaramu ngo hatagira akabacika
Uru rubyiruko rwibukijwe ko rudakwiye kwigira ba ntibindeba ku bibazo by'Igihugu

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .