00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

DJ Anitha Pendo na DJ Caspi bazasusurutsa abantu ku munsi w’abakundana

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 4 February 2025 saa 01:55
Yasuwe :

DJ Anitha Pendo uri mu bagore bamaze kubaka izina mu Rwanda mu bijyanye no kuyobora ibirori, itangazamakuru ndetse no kuvanga imiziki, agiye gufatanya na DJ Caspi na we umaze kubaka izina mu kuvanga imiziki mu birori byo gususurutsa abantu ku munsi w’abakundana.

Ni igitaramo cyiswe “Love and Cheers Valentine’s Soirée Live Concert” cyateguwe na LiwiseGroup Limited. Kizaba ku wa 14 Gashyantare kizabera ahitwa 248 Events hazwi nko kwa ‘Rujugiro’ i Gikondo.

Kizaririmbamo Nick Dimpoz na Diaze, bikaba byitezwe ko kizafasha abakundana kwizihiza umunsi wabo, ariko n’abadafite abakunzi ngo ntibahejwe mu ijoro ryahariwe urukundo.

Hazanahembwa ‘couple’ izitabira ibi birori yambaye neza kurusha izindi. Hateguwe kandi igikorwa kidasanzwe kizatuma abakundana barushaho kugirana ibihe byiza byuzuye urukundo.

Abazaba bari kwizihiza igihe bamaze bakoze ubukwe, bazashimirwa by’umwihariko, bahabwe impano yihariye nk’ikirango cy’urugendo rwabo rw’urukundo.

Ibihembo bizatangwa birimo ingendo zishyuwe (paid tours) n’ibindi byinshi bizatungurana, bizakomeza kuba ibanga kugeza ku munsi nyirizina w’igikorwa.

Ijoro rizarangwa n’ifunguro ry’agatangaza riherekejwe n’ibinyobwa byiza, ndetse n’amahirwe yo gufata amafoto y’urwibutso ku cyapa cyihariye kiri aho igitaramo kizabera, kugira ngo buri wese asigarane urwibutso rw’ibihe byiza azaba yagiranye n’uwo akunda.

Abadafite abakunzi na bo ntabwo bahejwe kuko bashyiriweho uburyo bwo guhura n’abandi batabafite ngo bareme amahirwe y’urugendo rushya ruganisha ku rukundo.

Abazitabira bazasabwa kwambara imyambaro y’umukara gusa cyangwa umutuku.

Ku bazagura amatike mbere, udafite umukunzi azishyura 40.000 Frw, ufite uwo bakundana yishyure 70.000 Frw mu gihe ameza y’abantu batandatu azaba ari 300.000Frw.

Abazagurira amatike ku muryango bazishyura 50.000 Frw ku muntu udafite umukunzi, 80.000 Frw ku bakundana mu gihe ameza y’abantu batandatu azaba ari 350.000 Frw.

DJ Caspi uri mu bagezweho azafatanya na Anita Pendo mu birori byo kwizihiza umunsi w'abakundana
Anita Pendo agiye kuvanga imiziki mu birori byo kwizihiza umunsi w'abakundana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .