00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Divine Uwa yateguje ihangana hagati ye n’abasore bahuriye mu mwuga wo kubyina

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 12 January 2025 saa 04:33
Yasuwe :

Uwayezu Divine umaze kubaka izina nka Divine Uwa, akaba umubyinnyi wigaruriye imitima ya benshi mu bakunda imbyino zigezweho, yemeje ko yamaze kubaka ikipe y’abakobwa bahuje umwuga bazamufasha kujya ahangana na basaza be ku isoko ry’umurimo.

Ibi Divine Uwa yabigarutseho mu ijoro ryo ku wa 10-11 Mutarama 2024 ubwo we n’itsinda ry’abakobwa yari yahurije hamwe ryari rimaze kubyinira Danny Nanone mu gitaramo ‘Icyumba cya rap’.

Nyuma y’iki gitaramo, Divine Uwa mu kiganiro na IGIHE yavuze ko “Wababonye abakobwa nazanye, bariya ni abo mba natoranyije mu bandi benshi bafite impano. Basaza banjye bari bamaze iminsi mu kazi bonyine babitekerezeho kuko tugiye gutangira kugabana akazi.”
Divine Uwa ahamya ko nta kintu na kimwe basaza be babarusha mu kubyina, asaba abahanzi n’abategura ibitaramo kujya babatekerezaho mu gihe bakeneye ababyinnyi kuko nabo bafite byinshi bashoboye mu gutanga ibyishimo ku rubyiniro.

Uyu mukobwa yavuze ko benshi mu bakobwa babyinana ari abafite impano basanzwe baziranye, bakaba bariyemeje gukora cyane mu rwego rwo guhanganira ku isoko na basaza babo.

Iyo Divine Uwa avuga ko yifuza guhangana ku isoko n’abahungu basangiye akazi ko kubyina, nubwo aterura ngo avuge abo aribo, benshi bemeza ko mu bo avuga harimo Jojo Breezy basanzwe banakundana, Titi Brown ndetse General Benda bamaze iminsi bihariye amasoko yo kubyina.

Divine Uwa yiyemeje gufasha ababyinnyi b'abakobwa guhangana na basaza babo ku isoko ry'umurimo
Divine Uwa (wa kabiri uturutse iburyo) yahurije hamwe abakobwa bakora akazi ko kubyina
Abakobwa bahujwe na Divine Uwa nibo babyiniye Danny Nanone mu gitaramo 'Icyumba cya rap'

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .