00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Diamond yatumye The Ben ashyira hanze amashusho y’umwana aheruka kwibaruka

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 March 2025 saa 08:05
Yasuwe :

Diamond Platnumz uri mu bahanzi bamaze kubaka izina mu karere ka Afurika y’Iburazuba no hanze yayo, yifurije ibihe byiza The Ben uheruka kwibaruka umwana w’umukobwa, ndetse anatuma uyu muhanzi ashyira hanze amashusho agaragaza uyu mwana we.

The Ben n’umugore we, Uwicyeza Pamella wahatanye muri Miss Rwanda mu 2019 akaboneka muri 20 bavuyemo Nyampinga w’u Rwanda; bibarutse umwana wabo w’imfura ku wa 18 Werurwe 2025.

Kuva yakwibaruka The Ben uretse amazina y’umwana we yatangaje, ntabwo yari yagashyize hanze amashusho cyangwa amafoto ye.

Amakuru IGIHE yahawe ni uko ‘Diamond yasabye The Ben ifoto y’umwana undi akamuha amashusho ye’. Nyuma yo kuyamuha nk’inshuti ye ya hafi undi yahise ayasangiza abamukurikira ku rubuga rwa Instagram, anayaherekesha amagambo yo kwifuza ibihe byiza The Ben.

Diamond yagize ati “Mbega umugisha! Nkwifurije ibyiza ku gikomangomakazi cyawe, The Ben.”

Nyuma y’uko Diamond ashyize hanze aya mashusho, The Ben nawe yahise asangiza ubu butumwa bwa mugenzi we abamukurikira, agaragaza isura y’umwana we w’umukobwa aheruka kwibaruka.

Umwana wa The Ben na Pamella bamwise Icyeza Luna Ora Mugisha Paris. Yavukiye mu Mujyi wa Bruxelles mu Bubiligi.

The Ben na Diamond basanzwe ari inshuti za hafi ndetse banahuriye mu ndirimbo bise “Why” yagiye hanze mu 2022.

The Ben na Diamond basanzwe ari inshuti ndetse banakoranye indirimbo bise 'Why'
Umwana wa The Ben yamushyize hanze kubera Diamond

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .