00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Dexta Rapper na Se bagezweho muri Uganda, bataramiye i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 June 2025 saa 11:33
Yasuwe :

Dexta Rapper n’umubyeyi we bagezweho by’umwihariko ku mbuga nkoranyambaga muri Uganda, bataramiye i Kigali mu ijoro ryo ku wa 15 Kamena 2025 ubwo hizihizwaga imyaka icumi akabyiniro ka ‘People club’ kamaze.

Benshi ku mbuga nkoranyambaga bakunze kugaragaza ko batunguwe bikomeye no kubona umuraperi Dexta Rapper ataramana n’umubyeyi we uba amubyinira ndetse bakajyana mu mbyino baba bajyanisha.

Dexta Rapper n’umubyeyi we ni bamwe mu bagezweho bikomeye muri Uganda ndetse no muri Afurika by’umwihariko mu bakoresha imbuga nkoranyambaga batungurwa n’umusore uba ubyinana na se.

Uyu muraperi na Se batumiwe i Kigali mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka icumi akabyiniro ka ‘People club’ kamaze gakora.

Ni igitaramo cyabereye muri aka kabyiniro mu ijoro ryo ku wa 15 Kamena 2025, aho benshi mu bitabiriye iki gitaramo banyuzwe bikomeye n’uburyo Dexta Rapper n’umubyeyi we baba bajyanisha ku rubyiniro.

Dexta Rapper n’umubyeyi we bagezweho cyane mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba uretse iki gitaramo, byitezwe ko bakorera n’ibindi bitaramo bitandukanye.

Uretse kuba umuraperi, Dexta Rapper asanzwe ari umu producer ukorera abandi bahanzi indirimbo na we akaba yakwikorera ize ari nazo akunze kubyinana na se.

Mbere yo gutaramira i Kigali, Dexta Rapper n’umubyeyi we babanje gusohokera ahitwa Pili Pili
Dexta Rapper n’umubyeyi we batumiwe na DJ Marnaud mu birori byo kwizihiza imyaka icumi akabyiniro ka 'People Club' kamaze
Dexta Rapper n’umubyeyi we iyo babyinana bitanga ibyishimo ku bakunzi b'umuziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .