Akigera i Kigali, Demarco yijeje abakunzi b’umuziki kuzabaha igitaramo cyiza, ahamya ko kimwe mu bintu azi k’u Rwanda ari uburyo rufite umujyi urangwa n’isuku.
Demarco yageze i Kigali nyuma y’uko mu Ukuboza 2022 yagize ikibazo cy’indege cyatumye n’igitaramo cye gisubikwa cyimurirwa ku wa 28 Mutarama 2023.
Uretse itariki y’igitaramo yahindutse si byinshi byahindutse kuko cyakomeje gutegurirwa muri BK Arena.
Kwinjira mu gitaramo cye ku bari kugura amatike mbere, ni ibihumbi 5 Frw, ibihumbi 10 Frw, ibihumbi 20 Frw n’ibihumbi 30 Frw muri VVIP; amatike kuri ubu akaba ari kugurishwa ku rubuga rwa Ticquet.rw
Ku rundi ruhande ariko abazagurira amatike ku muryango azaba agura ibihumbi 10 Frw, ibihumbi 15 Frw, ibihumbi 25 Frw n’ibihumbi 35 Frw.
Mu gihe haburaga iminsi itatu ngo iki gitaramo kibe, sosiyete ya Diamond League Ent yagiteguye, yatangaje urutonde rw’abahanzi nyarwanda bazafatanya n’uyu muhanzi wakunzwe na benshi binyuze mu ndirimbo ‘Love my life’ mu myaka 11 ishize.
Aba bahanzi barimo Ish Kevin, Ariel Wayz, Bushali, Deejay Pius, Chris Eazy, Kivumbi King, Sintex, Spax, Dee Rugz, BigBang Bishanya, na Davy Ranks .
Iki gitaramo kandi kizahuriramo aba DJs batandukanye barimo Dj Marnaud , DJ Infinity , DJ Tyga, DJ Kagz na Nep Djs.
Icyakora kugeza mu ijoro uyu muhanzi yagereye i Kigali, Ish Kevin na Chris Eazy bari bamaze kuvuga ko batazitabira iki gitaramo, bivuze ko mu bahanzi 11 bo mu Rwanda bari biyambajwe hasigayemo icyenda.





TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!