00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Davis D yasohoye indirimbo igaragaramo inkumi y’i Burayi bari mu rukundo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 Werurwe 2023 saa 09:59
Yasuwe :

Davis D yasohoye indirimbo nshya yise ‘Bad Boy’, yifashishijemo inkumi isanzwe ituye i Burayi byavuzwe ko bakundana ndetse na we akaza no kubyiyemerera byeruye.

Nubwo yemereye IGIHE ko uyu mukobwa ugaragara mu mashusho y’indirimbo ye nshya ari uwo bakundana utuye ku Mugabane w’i Burayi, Davis D yagize ibanga amazina ye.

Yagize ati “Ikintu kimwe cyonyine nakwemerera ni uko dukundana, ni umukunzi wanjye mushya. Ibijyanye n’amazina byo reka tubireke.”

Abajijwe niba amagambo avugwa mu ndirimbo ye nshya hari aho ahuriye n’ibyo yashakaga kumubwira, Davis D yavuze ko yari yarayanditse birangira amushyizemo icyakora ngo si we yabwiraga.

Aha yahakanaga kuba amagambo arimo ari uyu mukobwa yabwiraga kuko uyu muhanzi aba aririmba yibaza niba umukunzi we azihanganira kuba uwo bakundana afite abandi bakobwa baryamana.

Ikindi cyumvikana muri iyi ndirimbo ni ijwi ry’umuhanzikazi mushya byitezwe ko Incredible Records yitegura kumurikira abakunzi ba muzika Nyarwanda.

Iyi ndirimbo mu buryo bw’amajwi yakozwe na Producer Element mu gihe amashusho yayo yo yafashwe anatunganywa na Bagenzi Bernard.

Davis D yemeje ko ari mu rukundo n'uyu mukobwa usanzwe utuye i Burayi
Ubwo yari i Burayi Davis D yagiranye ibihe byiza n'uyu mukobwa
Iyi foto bafashe ubwo bari i Paris iri mu yaciye ibintu ku mbuga nkoranyambaga mu minsi ishize

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .