Uyu munyarwenya wamamaye cyane muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika akaba amaze imyaka irenga 30 ari icyamamare mu gutera urwenya, amaze iminsi mu Rwanda aho yanakoreye igitaramo mu ijoro ryo ku wa 30 Gicurasi 2024.
Nyuma y’iki gitaramo uyu munyarwenya yabonanye na Perezida Kagame ku wa 31 Gicurasi 2024 mbere y’uko asura ibice bitandukanye by’u Rwanda birimo n’Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Kigali.
Mu ijoro ryo ku wa 30 Gicurasi 2024 Dave Chapelle yataramiye ahitwa muri Kozo Restaurant iherereye ku Kimihurura mu Mujyi wa Kigali.
Abitabiriye igitaramo cya Dave Chapelle bashimishijwe n’uyu munyarwenya wamaze isaha n’igice asusurutsa abakunzi be.
Uretse mu Rwanda, muri Kenya aho yataramiye ku wa 29 Gicurasi 2024 naho amatike y’igitaramo cye yashize ku isoko mu gihe cy’amasaha abiri.




TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!