00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Darest wamenyekanye muri ‘Juda Muzik’ agiye kurushinga

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 28 January 2025 saa 11:30
Yasuwe :

Ishimwe Prince wamenyekanye nka Darest mu itsinda Juda Muzik ryaje gutandukana, agiye gukora ubukwe n’umukunzi we uba muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.

IGIHE yahawe amakuru n’umwe mu nshuti za hafi z’uyu musore ko nyuma yo gutera ivi mu minsi yashize, yahisemo gufata umwanzuro wo kurushinga n’uyu mukobwa witwa Souvenir.

Umwe mu nshuti za Darest yagize ati “Mu minsi yashize yahisemo gufata umwanzuro bamwe bafata nk’umwe mu ikomeye ku Isi, ahitamo gutera ivi asaba umukunzi we ko barushinga. Ni umukobwa bari bamaranye imyaka ine, byumvikane ko baziranye cyane ku buryo kurushinga byaba nta gitangaza kirimo.”

Darest yateye ivi ku wa 10 Mutarama 2025, ndetse amakuru avuga ko agiye gukora ubukwe bitarenze umwaka wa 2025 kuko imyiteguro n’amatariki y’ibindi birori byamaze gushyirwa ku murongo igisigaye ari ukubitangaza.

Darest na Souvenir bakundanye biturutse ku birori by’inshuti bahuriyemo. Baje guhana nimero za telefone, batangira kujya baganira ari nabyo byaje kuvamo umubano ukomeye ndetse birangira bakundanye.

Darest yamenyekanye ubwo yabarizwaga mu itsinda rya Juda Muzik yari ahuriyemo na mugenzi we Mbaraga Alex [usigaye yiyita Malo Junior], ariko baje gufata umwanzuro wo gutandukana mu 2023.

Reba “Sana”, indirimbo Darest aheruka gushyira hanze

Urugendo rwabo rw'urukundo rukomeje gusagamba umunsi ku wundi
Darest uyu mwaka wa 2025 nibwo ateganya kurushinga
Ntabwo biramenyekana niba Darest na Souvenir bazabana i Kigali cyangwa hanze y'u Rwanda
Souvenir asanzwe aba hanze y'u Rwanda
Aba bombi bari bamaze imyaka ine bakunda, mu 2025 bahitamo kubishyira hanze
Darest wamenyekanye muri ‘Juda Muzik’ agiye kurongora

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .