00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Danny Nanone yavuze ko yimye amatwi induru avugirizwa agahanga amaso iterambere mu muziki

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 15 March 2025 saa 06:55
Yasuwe :

Danny Nanone yavuze ko yahisemo kwima amatwi induru avugirizwa ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru agahitamo guhangha amaso icyateza imbere umuziki we.

Ibi uyu muraperi yabigarutseho mu kiganiro kigufi yagiranye na IGIHE nyuma yo gushyira hanze indirimbo ye nshya yise ‘So far’.

Danny Nanone abajijwe aho akura imbaraga zo gukomeza gukora umuziki, mu gihe ku mbuga nkoranyambaga no mu itangazamakuru aba atorohewe n’induru, yavuze ko we abihimisha kwima amatwi ibitari akazi ke.

Ati “Njye ndi umusirikare, ibyaba byose cyangwa ibyavugwa byose ubuzima burakomeza. Nkomeza guha abantu umuziki mwiza kandi ni yo mpamvu n’ubu ndi gukora cyane.”

Ibi Danny Nanone yabigarutseho mu gihe amaze iminsi ateguje EP ye nshya yise ‘112’, amakuru yayo yagiye hanze nta gihe gishize umugore wabyaranye n’uyu muraperi amugabyeho ibitero mu itangazamakuru no ku mbuga nkoranyambaga.

Uyu mugore akunze gushinja Danny Nanone kuba atita ku bana babyaranye, icyakora inshuro zose byavuzwe nta na rimwe uyu muraperi arigera abivugaho.

Uyu muraperi udakunze kugaruka ku nkuru z’ibibazo by’umuryango we, ahamya ko mu by’ukuri we areka ibivugwa bigacaho kandi ko atiteguye kujya yisobanura ahubwo amaze kumenyera ko abiha igihe abantu bakagenda bamenya ukuri.

Ku rundi ruhande, Danny Nanone yateguje EP y’indirimbo esheshatu yitegura gushyira hanze mu minsi iri imbere, iyi ikaba ari nayo iriho indirimbo ‘So far’ yamaze gusohora.

Danny Nanone yavuze ko yahisemo kwima amatwi induru avugirizwa, agahanga amaso iterambere mu muziki

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .