00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cyusa yemeye ko yambuye Bubu wa EAP (Video)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 28 March 2025 saa 12:04
Yasuwe :

Cyusa Ibrahim umaze hafi umwaka akoze igitaramo cyo kumurika album yise ‘Migabo’ yahishuye ko amaranye igihe agahinda gakomeye ku mutima nyuma yo kunanirwa kwishyura Mushyoma Joseph uzwi nka Bubu, amafaranga bari bemeranyije ngo amuhe ibyuma byifashishijwe.

Ibi byuma byifashishijwe mu gitaramo Cyusa yakoreye muri Camp Kigali ku wa 8 Kamena 2024, icyakora mu gihe umwaka ubura amezi make ngo wuzure kibaye, kugeza uyu munsi Bubu wamuhaye ibyuma we ntarabona amafaranga bari bemeranyije.

Cyusa mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE yahamije ko agendana ikimwaro aterwa no kuba atarabasha kwishyura Bubu wamuhaye ibyuma.

Ati “Ndisegura ku muntu twagiranye ikibazo sinshaka kumuvuga, ariko arabizi si njyewe pe. Abimenye ko atari njyewe, nkwiseguyeho rwose nanjye sinjye.”

Cyusa uri gusaba imbabazi Bubu ahamya ko yahemukiwe n’abo bakoranye mu gutegura iki gitaramo batamuhaye amafaranga yo kwishyura ibyuma nk’uko bari babyemeranyije.

Ati “Ndamusaba imbabazi kuko ntabwo ari njyewe. Urumva hari ababa bagufasha gutegura igitaramo bakagushora mu bintu, ibyo bakwijeje ntibabikore. Nka kiriya gitaramo cyari njye, n’ibyuma ni njye yabihaye, ariko amafaranga yishyuwe mu gitaramo yo sinjye yacagaho. Aho yaciye ntabwo babigenje neza wenda ngo n’uwari wankopye mwishyure.”

Nubwo Cyusa yahemukiye Bubu amushimira kuba yarabaye imfura, ntibibe inkuru mu itangazamakuru cyangwa ngo abijyane mu nkiko.

Ku rundi ruhande, Cyusa ahamya ko ari kwisuganya ngo ashake amafaranga niyo yaba make, ngo ayashyire uwamukopye ibyuma ku buryo yamusaba imbabazi cyane ko yemera ko yamukoshereje.

Ati “Yabaye imfura, ndamushimira. Ndashaka kumwegera nkamusobanurira ariko ngomba kubanza kureba igisubizo kuko amatama masa ntasabira inka igisigati.”

Cyusa uvuga ko atazi amafaranga yinjiye mu gitaramo, ahamya ko abo bafatanyije bamubwiye ko cyahombye, ariko ku rundi ruhande ntiyemere ko kuba cyahomba byatuma baba abambuzi.

Cyusa yavuze ko atewe ikimwaro no kuba yarambuye uwamuhaye ibyuma mu gitaramo yakoze umwaka ushize
Cyusa ahamya ko yiteguye gushaka Bubu bakaganira akamusaba imbabazi
Cyusa ahamya ko atazi amafaranga yavuye mu gitaramo cye

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .