00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cyusa arimbanyije imyiteguro y’igitaramo cye

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 5 June 2024 saa 10:57
Yasuwe :

Cyusa Ibrahim uri mu bahanzi bagezweho mu muziki akaba umwe mu bakiri bato bihebeye injyana gakondo, yabwiye itangazamakuru ko muri rusange imyiteguro y’igitaramo cye ayigeze kure kuko igisigaye ari uko umunsi wacyo ugera agataramira abakunzi be.

Ibi Cyusa yabigarutseho mu kiganiro n’itangazamakuru cyabaye kuri uyu wa 5 Kamena 2024, kikaba cyitabiriwe n’abarimo abari kumufasha gutegura iki gitaramo kimwe n’abahanzi bagenzi be bemeye kumutera ingabo mu bitugu.

Muri iki kiganiro Cyusa yavuze ko imyiteguro ayigeze kure ku buryo imirimo yose isa n’iyarangiye.

Ati “Ku ruhande rwacu turiteguye, imirimo yose yararangiye igisigaye ni uko umunsi ugera, ngira ngo abahanzi bose muri kubabona hano abo tuzakorana bose bitabiriye, rero nibaza nta gisigaye uretse kuba abantu bazaza ku bwinshi tugatarama.”

Iki gitaramo byitezwe ko kizabera muri Camp Kigali ku wa 8 Kamena 2024. Cyusa yakitiriye album ye ya mbere yise ‘Migabo’ iyi nayo akaba yarayitiriye indirimbo yatuye Perezida Kagame.

Ni igitaramo byitezwe ko kizaririmbamo abahanzi nka Mariya Yohana, Ruti Joel, Inganzo Ngari na Cyusa nyiri zina.

Cyusa yasabye abakunzi be kuzitabira igitaramo cye bazindutse
Chrisy Neat usanzwe azwi mu Ibisumizi yongewe mu gitaramo cya Cyusa
Cyusa mu kiganiro n'abanyamakuru aganira na Muyoboke uri kumufasha mu mitegurire y'igitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .