00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Ruti Joel yavuze impamvu yavuye mu ’Ibihame by’Imana’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 29 December 2024 saa 07:40
Yasuwe :

Nyuma y’uko Itorero Ibihame by’Imana ricitsemo ibice bibiri, bamwe mu nkingi za mwamba mu bari barigize bakarivamo bagashinga Itorero bise ‘Ishyaka ry’Intore’, Ruti Joel yemeje ko ari ryo yimukiyemo.

Uyu muhanzi wakunze gukwepa abanyamakuru bamubazaga uruhande ahagazeho ku kibazo cy’iri torero yashyize aravuga, ahamya ko we abarizwa mu ‘Ishyaka ry’Intore’.

Mu kiganiro aherutse kugirana na IGIHE nyuma yo kwegukana igihembo cya Isango na Muzika Awards nk’umuhanzi ukora gakondo witwaye neza, Ruti Joel wemeza ko umwaka wa 2025 azawuharira ibijyanye no guhamiriza gusa.

Ati “Nta gikuba kiba cyaracitse, burya umuntu ava hamwe akajya ahandi, mu Rwanda ni ukwishyira ukizana ukajya aho ushaka. Iyo wumvise hariya bitagenda neza si ngombwa kubyihata, ujya ahandi. Nta rwango rurimo dukora ubutore ariko tukabukora nk’umwuga.”

Yongeyeho ati "Icyaba giteye agahinda ni uko twareka guhamiriza, twe turi mu ngamba tugahurira no mu Itorero ry’Igihugu kandi ubuhanga buturuka mu kurushanwa, niba twaravuye mu Ibihame, ni ukugira batazaturusha guhamiriza kandi nabo aho bari bakaze imyitozo […] reka turushanwe burya uguhiga ubutwari muratabarana, ubu nibyo turimo.”

Uyu musore uri mu bahanga mu gukora umuziki gakondo ndetse akagira abakunzi batari bake, yemeje ko umwaka wa 2025 agiye kuwuharira guhamiriza nubwo bitazajya bimubuza gukora indirimbo rimwe na rimwe.

Ati “Umwaka utaha wa 2025, ni umwaka nzaharira guhamiriza, kuririmba na byo ariko ndawuharira guhamiriza n’ubutore cyane, murambona nambaye imigara kenshi. Abakunda umuziki wanjye nabo nzabirebaho kuko nk’ubu ndi kubategurira album yanjye ya kabiri nubwo ntaramenya igihe izasohokera, ariko kimwe nababwira ni uko mugiye kumbona kenshi nambaye umugara kandi mukambona mu ngamba kenshi.”

Uyu muhanzi wazamukiye muri Gakondo Group yaje kwamamarira mu Itorero Ibihame by’Imana yubakiyemo izina mbere y’uko atangira kuririmba ku giti cye ndetse akaza kuvamo umuhanzi wegukana ibikombe mu bakora umuziki gakondo.

Ruti Joel yemeje yimukiye mu Itorero Ishyaka ry'Intore nyuma y'imyaka itari mike abarizwa mu Itorero Ibihame by'Imana

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .