00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Tom Close yakomoje ku myiteguro y’igitaramo cyari cyiswe ’Icyo guca agasuzuguro’

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 18 February 2025 saa 11:05
Yasuwe :

Tom Close yahamije ko imyiteguro y’igitaramo cyari cyiswe ’Icyo guca agasuzuguro’ ikomeje, uretse ko cyahinduriwe izina.

Nyuma y’uko Tems asubitse igitaramo yari afite i Kigali ku wa 22 Werurwe 2025, agahamya ko yabitewe n’umwuka mubi uri hagati y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, Tom Close yahise ayobora inkubiri yo gutegura ikindi kizahuza abahanzi b’Abanyarwanda bagatanga ibyishimo ku bafana bari bategereje igitaramo cya Tems.

Mu kiganiro na IGIHE, Tom Close yemeje ko imyiteguro y’iki gitaramo irimbanyije.

Ati “Ibimenyetso byose biragaragaza ko igitaramo kigihari ariko turacyategereje ko kiba kuko turacyashaka uko tumara kumvikana n’abo tuzakorana bose uburyo kizaba, amahirwe y’uko kitaba ni make cyane.”

Uyu mugabo yavuze ko nta mbogamizi barahura nazo mu myiteguro y’iki gitaramo.

Ati “Nta mbogamizi n’imwe, ibyo turi kureba ni impamvu kigomba kuba, uburyo kigomba gukorwamo n’abo kigomba kugirira akamaro. Ni ibintu turi kurebana n’abari kudufasha kugitegura, nitumara kubyumvikanaho tukabona ko bifite umurongo mwiza igitaramo kigomba kuba.”

Tom Close yavuze bahisemo guhindura izina ry’iki gitaramo, ati “Ni na yo mpamvu n’igitaramo tuzakora kitazaba cyitwa ’Icyo guca agasuzuguro’, twarabihinduye. Kizitwa irindi zina rijyanye no kwihesha agaciro, rijyanye no gukunda igihugu, no kwishakamo ibisubizo cyangwa kunezerwa.”

Ku rundi ruhande, Tom Close akomeje umuziki ndetse magingo aya afite indirimbo nshya yise ‘Cinema’ yakoranye na Bull Dogg bamaze gukorana indirimbo eshatu.

Tom Close yijeje abakunzi b'umuziki ko imyiteguro y'igitaramo cyabo bari bise 'Icyo guca agasuzuguro' igikomeje nubwo bagihinduriye inyito

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .