00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Uganda: Cindy Sanyu yagizwe umwere ku cyaha cy’ubugizi bwa nabi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 March 2025 saa 08:18
Yasuwe :

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 19 Werurwe 2025, Urukiko rwa City Hall ruri i Kampala rwatesheje agaciro ibirego by’ubugizi bwa nabi byashinjwaga Cindy Sanyu, agirwa umwere.

Urubanza rwaregwagamo Cindy Sanyu rwatangiye mu 2024 nyuma y’uko uyu muhanzikazi arezwe ibyaha bifitanye isano n’ubugizi bwa nabi.

Mu kirego, bavugaga ko ku wa 15 Ukuboza 2023, nyuma y’igitaramo cya ’Blu*3’ cyabereye ahazwi nka Naguru Skyz, Cindy Sanyu yasohokanye n’inshuti ze mu rwego rwo kwishimira uko cyagenze neza.

Muri ibyo bihe byo kwishima, habaye imvururu zagejeje aho uwitwa Kevin Nyembo n’abo bari kumwe bakubitaga Dr. Luggya Tonny Stone binamuviramo gukomereka.

Uretse gukomereka, byanavuzwe ko muri izi mvururu Dr. Luggya yahibiwe arenga miliyoni 11 UGX, ari nabyo byatumye atanga ikirego mu Rukiko rwa City Hall i Kampala.

Muri iki kirego, Cindy Sanyu n’umujyanama we Gabriel Ramathan bari bakurikiranyweho koshya no gushishikariza Kevin Nyembo n’abo bari kumwe gukubita Dr. Luggya.

Nyuma y’igihe uru rubanza rwari rumaze, byarangiye Urukiko rutesheje agaciro iki kirego cyaregwagamo Cindy Sanyu wagaragazaga ibyishimo, yabwiye itangazamakuru ryo muri Uganda ko yishimiye kuba yakuweho ibi birego byari bimaze igihe bimusiragiza mu nkiko.

Nubwo Cindy Sanyu yagizwe umwere kuri iki cyaha, abandi bakurikiranywe muri iyi dosiye bo urubanza rwabo rurakomeza.

Cindy Sanyu (uri hagati) yagizwe umwere ku cyaha cy’ubugizi bwa nabi yari akurikiranyweho, bigakekwa ko yagikoze ubwo yari ari kwishimira igitaramo cya Blu*3

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .