00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chriss Eazy agiye gukora ibitaramo bizenguruka u Burayi birimo n’icyo azakorana na Joe Boy

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 3 March 2025 saa 08:50
Yasuwe :

Chriss Eazy utegerejwe mu gitaramo cyo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore kizabera muri Suède, yamaze kwemeza ko azahita akomerezaho ibindi bitaramo bizazenguruka ibihugu binyuranye.

Uyu muhanzi utegerejwe mu gitaramo azakorera muri Suède ku wa 8 Werurwe 2025, akazakomereza ibitatamo bye muri Pologne ku wa 26 Mata 2025.

Ku wa 3 Gicurasi 2025, Chriss Eazy azataramira i Paris, ku wa 10 Gicurasi ataramire i Bruxelles mu Bubiligi mu gihe hari ibindi bitaramo bigera kuri bitanu bitaratangazwa.

Igitaramo cyo muri Pologne giteganyijwe ku wa 26 Mata 2025, byitezwe ko Chriss Eazy azagihuriramo n’Umunya-Nigeria Joe Boy.

Iki gitaramo kizaba gikurikiye icyo Chriss Eazy ateganya gukorera muri Suède byitezwe ko uyu muhanzi azahuriramo na Spice Diana uri mu bagezweho muri Uganda.

Chriss Eazy ni umwe mu bahanzi bakunzwe muri iyi minsi mu Rwanda by’umwihariko akaba umwe mu bari bamaze iminsi biyambajwe mu bitaramo bya ‘Tour du Rwanda Festival’ byazengurukanye n’isiganwa ry’amagare ryari rimaze iminsi ribera mu Rwanda.

Chriss Eazy ategerejwe mu gitaramo azahuriramo na Spice Diana muri Suède
Amatariki y'ibitaramo bya Chriss Eazy i Burayi yamaze kumenyekana
Chriss Eazy na Joe Boy bagiye guhurira mu gitaramo muri Pologne
Chriss Eazy agiye gukora ibitaramo bizenguruka u Burayi

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .