00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chorale de Kigali yateguje indirimbo irata ‘agacupa’ mu gitaramo cyayo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 19 June 2025 saa 05:53
Yasuwe :

Chorale de Kigali igeze kure imyiteguro y’igitaramo iteganya gukorera muri ‘Kigali Universe’ ku wa 21 Kamena 2025, yijeje abakunzi bayo umuziki mwiza ndetse ibasaba kudaterwa ikibazo n’uko ari igitaramo kigiye kubera ahantu hasanzwe hicirwa inyota.

Ibi ubuyobozi bwa Chorale de Kigali bwabigarutseho mu kiganiro bwagiranye n’abanyamakuru kuri uyu wa 19 Kamena 2025.

Umuyobozi wungirije wa Chorale de Kigali, Bigango Valentin yabwiye abanyamakuru ko muri iki gitaramo bahuje n’umunsi mpuzamahanga wa muzika, bazaririmba indirimbo zitandukanye mu buryo buzashushanya amateka y’umuziki.

Ati “Tuzaririmba indirimbo zitandukanye, ni igitaramo kizaba cyubatse mu rwego rwo kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umuziki ariko tukibanda ku bwoko bw’uwo dukora […] tuzaririmba indirimbo duhereye ku za kera yaba hanze ndetse no mu Rwanda kugeza ku za vuba aha.”

Ubwo yari abajijwe ku ndirimbo bateganya kuririmba zitari iza ‘Chorale de Kigali’, Bigango yavuze ko zikiri ibanga, icyakora ahamya ko zihari zirimo n’iyo bakoze ivuga ibigwi agacupa.

Ati “Indirimbo tuzakora zo kari agaseke tubahishiye gusa zirahari nyinshi musanzwe muzi, hari n’iyo tuzakora rwose irata ‘agacupa’, ni indirimbo muzumva igaruka ku buryo abantu basangiye agacupa baba inshuti zikomeye.”

Perezida wa ‘Chorale de Kigali’, Hodari Jean Claude yavuze ko iki gitaramo kidakwiye kuba impamvu yo gutandukanya abantu bitewe n’ibyo buri wese anywa, ahubwo cyabahuza mu rwego rwo kwiyumvira umuziki mwiza banizihiza umunsi mpuzamahanga wa muzika wahuriranye n’igitaramo cyabo.

Ku bijyanye n’imyiteguro y’iki gitaramo yaba ubuyobozi bwa Kigali Universe kizaberamo ndetse n’ubwa ‘Chorale de Kigali’ bose bemeje ko ari ikibazo cy’igihe kuko buri ruhande ibyo rwasabwaga rwamaze kubishyira ku murongo.

Ubuyobozi bwa ‘Chorale de Kigali’ bwibukije abantu kugura amatike hakiri kare kuko bitewe n’umwanya muto w’aho iki gitaramo kizabera amenshi ari gushira ku isoko.

Ku rundi ruhande ariko banamaze impungenge abatekereza ko kuba bakoze iki gitaramo bikuraho icyo kwizihiza Noheli basanzwe bakora, bahamya ko nacyo giteganyijwe kandi iki nikirangira bazahita binjira mu myiteguro yacyo.

'Chorale de Kigali' iri mu myiteguro y'igitaramo igiye gukorera muri Kigali Universe
Mugarura Kenny wari uhagarariye Kigali Universe mu kiganiro n'abanyamakuru giteguza iki gitaramo, yavuze ko ku ruhande rwabo imyiteguro imeze neza
Bigango Valentin yijeje abazitabira iki gitaramo kuzumva umuziki mwiza
Perezida wa ‘Chorale de Kigali’, Hodari Jean Claude yavuze ko biteguye gutanga igitaramo cyiza kurusha ibindi bakoze mu myaka yatambutse
Yaba ubuyobozi bwa Kigali Universe na Chorale de Kigali bahamya ko imyiteguro yabo ihagaze neza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .