Mu gitondo cyo ku wa Mbere tariki 16 Ukuboza 2024, ni bwo inkuru y’urukundo rw’aba bombi yatangiye kujya hanze nyuma y’uko hasohotse amashusho abagaragaza barikumwe.
Amashusho yasakajwe ku mbuga nkoranyambaga agaragaza Chloe na Burna Boy basohokanye mu kabyiniro.
Kugeza ubu, nta n’umwe muri bo uragira icyo atangaza ku mubano wabo nubwo ku mbuga nkoranyambaga bikomeje kuvugwa ko bakundana.
Burna Boy abaye yinjiye mu rukundo n’uyu mukobwa yaba amusimbuje Stefflon Don bakundanye kuva mu 2019-2021.
Muri Mutarama uyu mwaka Stefflon Don yasohoye indirimbo ‘Dat A dat’ yibasiragamo umugore atigeze avuga izina, icyakora akamushinja kuba yararyamanye n’umukunzi we.
Benshi mu bakurikirana iby’imyidagaduro by’umwihariko urukundo rwa Burna Boy, bahise bavuga ko uyu muraperikazi yibasiraga Chloe Bailey amushinja kumutwara umugabo.
FULL RECAP OF BURNA BOY AND CHLOE BAILEY OUT IN LAGOS LAST NIGHT. 🎬 pic.twitter.com/BOqBNL0GpH
— benny. (@benny7gg) December 16, 2024
Burna Boy and Chloe Bailey at the Billboard Music Awards 2022. pic.twitter.com/DLo6FX78Fv
— benny. (@benny7gg) December 16, 2024
how Burna Boy and Chloe Bailey pulled up to the club. 🏎️💨 pic.twitter.com/KEWuHWuJjY
— benny. (@benny7gg) December 16, 2024
TANGA IGITEKEREZO
AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Witandukira kubijyanye n'iyi nkuru; wikwandika ibisebanya, ibyamamaza cyangwa bivangura; wikwandika ibiteye isoni, Wifuza kubona byihuse ibivugwa/ibisubizo ku gitekerezo cyawe, andika email yawe ahabugenewe. Ibi bidakurikijwe igitekerezo cyanyu gishobora kutagaragara hano cyangwa kigasibwa.
Igitekerezo cyawe kigaragara nyuma y'isuzuma rikorwa na IGIHE.com , Murakoze!