00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Chipukeezy utegerejwe muri Gen-Z Comedy yageze i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 22 January 2025 saa 04:29
Yasuwe :

Umunyarwenya Chipukeezy uri mu bafite izina rikomeye muri Kenya, yageze i Kigali aho yitabiriye igitaramo ‘Gen-Z Comedy’ gitegerejwe kubera muri Camp Kigali ku wa 23 Mutarama 2025.

Akigera i Kigali, Chipukeezy yakiriwe na Fally Merci usanzwe ategura ibitaramo bya ’Gen-Z Comedy’. Uyu musore yavuze ko yishimiye kugera mu Rwanda.

Ati “Mu Rwanda ni mu rugo ha kabiri, iyo ngeze i Kigali iteka niyumva nk’uri mu murwa w’iwacu. Nishimiye kuba ngiye gutaramira muri Gen-Z Comedy kuko ni urubuga ruzamura abanyarwenya benshi, buri wese ukora umwuga wo gusetsa yakwishimira gushyigikira Fally Merci muri uyu mushinga.”

Uretse abanyarwenya banyuranye, Chipukeezy azaba ahurira mu gitaramo n’abarimo Bruce Melodie na David Bayingana bose batumiwe kuganiriza urubyiruko ruzitabira iki gitaramo.

Uyu munyarwenya yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2024 ubwo yari yatumiwe muri ’The caravan of laughter’.

Chipukeezy aherutse kwemeza ko yifuza gushakana n’Umunyarwandakazi, gusa mu 2018 yambitse impeta uwari umukunzi we, Vivian Mandela bemeranya kubana akaramata, icyakora nyuma y’imyaka itatu baza gutandukana.

Chipukeezy yitabiriye igitaramo cya 'Gen-Z Comedy'
Fally Merci ni we wakiriye Chipukeezy ku kibuga cy'indege i Kanombe
Chipukeezy na Fally Merci iyo bahuye biba ari urwenya gusa
Nyuma yo kumwakira bafatanye ifoto y'urwibutso

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .