00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Umunyarwenya Chipukeezy wavuze ko yifuza gushaka Umunyarwandakazi, ategerejwe i Kigali

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 14 January 2025 saa 10:36
Yasuwe :

Umunyarwenya Vincent Mwasia Mutua wamamaye nka Chipukeezy uri mu bakomeye muri Kenya aho akomoka, ategerejwe i Kigali mu gitaramo ’Gen-Z Comedy’ gisanzwe gitegurwa na Fally Merci.

Uyu munyarwenya uherutse kwakira Israel Mbonyi ubwo yitabiraga igitaramo cyateguwe na Churchill muri Kenya, ategerejwe i Kigali mu cya Gen-Z Comedy kizaba ku wa 23 Mutarama 2024 muri Camp Kigali.

Chipukeezy agiye kongera gutaramira i Kigali mu gihe ubwo ahaheruka mu 2024, yari yavuze ko akunda u Rwanda ndetse ku bwe yumva yazahatura akaba yanashakana n’Umunyarwandakazi.

Ni igitaramo Chipukeezy azahuriramo n’abandi banyarwenya biganjemo abazamukiye muri Gen-Z Comedy ndetse n’abandi barimo Babu wamaze gutangazwa.
Chipukeezy yaherukaga gutaramira i Kigali mu 2024 ubwo yari yatumiwe muri ’The caravan of laughter’.

Abacyitabiriye bamwibukira ku kuba uretse gusetsa, yarafashe umwanya, abanza kunamira murumuna wa Eric Omondi wari uherutse kwitaba Imana.

Mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru icyo gihe, yavuze ko akunda u Rwanda ndetse yifuza kuzahatura akaba yanashakana n’Umunyarwandakazi.

Uyu munyarwenya uri mu bakomeye muri Kenya mu 2018 yambitse impeta uwari umukunzi we Vivian Mandela bemeranya kubana akaramata, icyakora nyuma y’imyaka itatu baza gutandukana.

Chipukeezy niwe wakiriye Israel Mbonyi ubwo aheruka muri Kenya
Chipukeezy uherutse kwemeza ko yifuza gushaka Umunyarwandakazi, ategerejwe i Kigali mu gitaramo cya Gen-Z Comedy

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .