00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Impamvu Cécile Kayirebwa yabuze mu gitaramo yagombaga guhuriramo na Makanyaga n’Impala

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 3 January 2025 saa 02:50
Yasuwe :

Cécile Kayirebwa yavuze ko impamvu atitabiriye igitaramo gitangiza umwaka yagombaga guhuriramo na Makanyaga Abdoul, Orchestre Impala, Les Fellows, Dauphin na Jado Famous, ari uko yari amaze iminsi arwaye ku munsi wacyo akaza kugira intege nke.

Aba bahanzi bari batumiwe mu gitaramo cy’umuziki wo mu myaka yo ha mbere cyinjije Abanyarwanda mu mwaka mushya, cyabaye ku wa 1 Mutarama 2025. Kayirebwa yasabye imbabazi abakunzi be bari bitabiriye biteze kumubona ariko bakaza gutaha batamubonye.

Ati “Bambabarire byananiye nari maze iminsi ntameze neza cyane, no kunanirwa n’ibi bya bonane ndiyandayanda numva bitankundira ni cyo gituma tuzagira ikindi gihe tukabonana. Nanjye erega mba mbakumbuye. Ariko n’ukuri bashobora kugenda bigabanyamo bake bake baza kunyisurira nta kibazo…ibyo nta kibazo bapfa kumbwira.”

Yakomeje avuga ko ahaye ikaze abakunzi be, ku buryo ababishoboye bajya bamusura iwe bagataramana cyane mu masaha y’umugoroba.

Ati “Ubwo rero abantu bagiye bicamo amatsinda bajya baza bakanyisurira. Ndacyahari ariko si ukuvuga ngo bazatinde. Bambabarire byabaye intege nke, kubera ibintu mazemo iminsi. Maze iminsi ndwaye. Mumbabarire ntabwo bizongera.”

Iki gitaramo Kayirebwa yagombaga kuririmba cyari cyiswe ‘Ab’ejo n’abubu’ cyabereye ahitwa Lexury Garden hazwi nka Norvège mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Kayirebwa yavuze ko amaze iminsi afite intege nke zatumye atitabira igitaramo yari yatumiwemo
Abitabiriye iki gitaramo biteze Kayirebwa batashye bimyiza imoso
Iki gitaramo cyari cyitabiriwe cyane

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .