00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Cécile Kayirebwa, Makanyaga Abdoul na Orchestre Impala bagiye guhurira mu gitaramo

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 20 December 2024 saa 12:13
Yasuwe :

Abahanzi bamamamaye mu muziki wo mu myaka yo hambere, Cécile Kayirebwa, Makanyaga Abdoul, Orchestre Impala, Les Fellows, Dauphin na Jado Famous bagiye guhurira mu gitaramo kimwe.

Aba bahanzi batumiwe mu gitaramo cy’umuziki wo mu myaka yo ha mbere kizinjiza Abanyarwanda mu mwaka mushya cyane ko kizaba ku wa 1 Mutarama 2025.

Iki gitaramo cyiswe ‘Ab’ejo n’abubu’ byitezwe ko kizabera Lexury Garden ahazwi nka Norvège mu Kagari ka Nyabugogo mu Murenge wa Kigali mu Karere ka Nyarugenge.

Kwinjira muri iki gitaramo bizaba ari 5000Frw mu myanya isanzwe, ibihumbi 10Frw muri VIP, ibihumbi 20Frw muri VVIP, ibihumbi 100Frw ku meza y’abantu icumi ndetse n’ibihumbi 150Frw ku meza y’abantu umunani bicaye mu myanya y’imbere.

Si kenshi abahanzi barimo Cécile Kayirebwa, Makanyaga Abdoul na Orchestre Impala bahurira ku rubyiniro, ari nayo mpamvu bitezweho gutanga ibyishimo ku bakunzi b’umuziki.

Cécile Kayirebwa, Makanyaga Abdoul na Orchestre Impala bagiye guhurira mu gitaramo
Orchestre Impala ni imwe mu zimaranye imyaka myinshi igikundiro
Cécile Kayirebwa ari mu banyamuziki bubashywe mu muziki w'u Rwanda
Makanyaga Abdul ari mu bahanzi bamaranye imyaka myinshi izina rikomeye mu muziki w'u Rwanda

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .