00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Karole Kasita n’abanyarwenya bo muri ‘Comedy Store’ bageze i Kigali (Amafoto)

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 26 March 2025 saa 01:01
Yasuwe :

Abanyarwenya bo muri ‘Comedy Store’ bayobowe na Alex Muhangi, bari kumwe n’umuhanzikazi Karole Kasita, bageze i Kigali, aho bategerejwe mu gitaramo cyo kwizihiza imyaka itatu ishize hategurwa ibitaramo bya ‘Gen-Z Comedy’.

Mu gitondo cyo kuri uyu wa 26 Werurwe 2025 ni bwo bageze i Kigali. Igitaramo cya Gen-Z Comedy bategerejwemo kizaba ku wa 27 Werurwe 2025.

Uretse Karole Kasita, abanyarwenya bitabiriye iki gitaramo bageze i Kigali, barimo Pablo, Maulana & Reign, na Alex Muhangi. Ni mu gihe MC Mariachi, Madrat & Chiko bo indege yabasize, byitezwe ko bagera i Kigali mu ijoro ryo ku wa 26 Werurwe 2025.

Aba barwenya bakomeye i Kampala, baziyongera ku bo mu Rwanda barimo Fally Merci, Pirate, Rusine, Joshua, Ambasador w’abakonsomateri, Muhinde, Umushumba, Dudu, Kadudu na MC Kandi & Musa, na bo bazasetsa abantu muri GEN-Z Comedy.

Byitezwe ko iki gitaramo kizitabirwa n'abanyarwenya 15 barimo abo mu Rwanda no muri Uganda
Fally Merci yari yongeye guhura na Alex Muhangi
Rusine yari yaherekeje Fally Merci kwakira aba banyarwenya
Benshi muri aba banyarwenya ni ubwa mbere bageze i Kigali
Alex Muhangi yabanje kuganira na Fally Merci ku myiteguro y'iki gitaramo
Umuhanzikazi Karole Kasita ni umwe mu bageze i Kigali

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .