00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Camp Kigali yuzuye! Itorero Inyamibwa AERG ryakoze igitaramo cy’amateka(Amafoto)

Yanditswe na Uwiduhaye Theos
Kuya 16 March 2025 saa 12:06
Yasuwe :

Itorero Inyamibwa AERG rimaze kumenyekana mu mbyino gakondo ryakoze igitaramo ryise ‘Igitaramo cy’Inka’, cyari kigamije kongera gukundisha abantu inka, kongera kubibutsa umuco wo kugabirana ndetse no kubibutsa isano umuntu afitanye n’inka.

Ni igitaramo cyabaye kuri uyu wa Gatandatu tariki 15 Werurwe 2025 muri Kigali Conference and Exhibition Village (KCEV) hazwi nka Camp Kigali, cyitabiriwe n’abantu batandukanye.

Iki gitaramo cyari cyitezwe na benshi cyaririmbyemo Inyamibwa n’abandi bahanzi batandukanye banyuze ku rubyiniro basuhuza abari bitabiriye barimo Massamba Intore, Ange na Pamella, Jules Sentore ndetse na Muyango Jean Marie Vianney uri mu bubatse izina mu muziki nyarwanda.

Itorero Inyamibwa AERG ni ryo ryabimburiye abandi bahanzi ahagana saa moya zirengaho iminota, iri torero ryabyinnye imbyino zitandukanye zashimishije benshi cyane ko ryaserutse mu buryo bwari bubereye amaso.

Mu kwerekana igisobanuro cy’iki gitaramo banyujijemo baza ku rubyiniro bafite amashusho y’inka, cyane ko yari yo ntego nyir’izina yacyo.

Uretse gucinya akadiho kandi banyuzagamo bakifashisha abaririmbyi bafite muri iri torero bashoboye kugorora amajwi baririmbaga indirimbo zitandukanye zo hambere.

Mu zo baririmbye zizwi harimo nka “Gakoni k’Abakobwa” ya Mavenge Sudi n’izindi bavangagamo umudiho gakondo no guhindura ijwi bikaryohera benshi.

Abitabiriye iki gikorwa bakirwaga neza n’abari bashinzwe gusuzuma amatike bakorera sosiyete ya ITEC imaze imyaka icyenda ikorera mu Rwanda ibikorwa bitandukanye birimo kwishyuza parking, amatike mu bitaramo n’ibindi bitandukanye. Ubu ifite gahunda yo gushishikariza abantu gukoresha EBM.

Iki gitaramo kijya gusozwa abahanzi batandukanye bakomeye mu Rwanda mu njyana gakondo barimo Massamba, bahawe umwanya bakora mu nganzo, abakunzi babo bataha nta ngingimira.

Itorero Inyamibwa AERG ryaherukaga gukora igitaramo gikomeye umwaka ushize.
Icyo gihe bakoze icyo bise ‘Inkuru ya 30’ cyari gifite igisobanuro gikomeye gisanishwa n’amateka y’u Rwanda n’Abanyarwanda bari bamaze imyaka 30 babohowe nyuma y’indi ingana ityo bari mu buhungiro.

Iki gitaramo cyabereye muri BK Arena, tariki 23 Werurwe 2024, cyari kigamije kugaragaza ukuntu Abanyarwanda bari barahejejwe ishyanga bamaze imyaka 30 bategura kubohora igihugu cyabo.

Itorero Inyamibwa rizwi cyane mu guteza imbere umuco. Ryifashishwa cyane mu bukwe no mu bindi birori n’ibitaramo byibanda ku muco w’u Rwanda.

Ubu iri torero ryizihizaga imyaka 27 ishize rishinzwe kuko ryatangiye ari itorero ry’abanyeshuri rishaka kugira ngo ryikure mu bwigunge ariko, nyuma y’imyaka 27 ishize y’urugendo rurerure rimaze kuba ubukombe.

Rifite abanyamuryango benshi, kandi rimaze gutarama ku Isi hose. Bamaze gutamira i Burayi inshuro ebyiri, mu Rwanda, mu bihugu byo mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba na Afurika yose muri rusange.

Imyaka 27 ishize bishimira ko ibikorwa byabo byarenze kuba baratangiriye muri Kaminuza, ahubwo bikaba byaragiye ku rwego rw’Isi. Umwaka wa 2022, iri torero ryaserukiye u Rwanda mu iserukiramuco rya mbere ku Isi ryitwa ‘Festival de Confolens’ ribera mu gihugu cy’u Bufaransa.

Muvunyi Cyuzuzo Ange uzwi muri Sinema ni umwe mu babyinnyi b'Inyamibwa
Urubyiniro rwari rwarimbishijwe mu buryo bwo gusangiza inka
Wari umugoroba udasanzwe ku bakunzi ba gakondo
Ababyinnyi b'Inyamibwa bizihiye abitabiriye igitaramo
Intore Massamba yahawe umwanya
Jules Sentore yakiriwe ku rubyiniro
Inkumi zo mu Itorero Inyamibwa ntabwo zicishije irungu abitabiriye igitaramo
Abagore bo mu Itorero Inyamibwa baserutse no mu mukenyero
Akanyamuneza kari kose ku rubyiniro
Imibyinire y'abagize Itorero Inyamibwa irimo ubuhanga
Ni igitaramo cyari kigamije gusingiza inka
Itorero Inyamibwa rimaze kuba ubukombe
Umurishyo w'ingoma wanyuze abatari bake bitabiriye igitaramo
Iri torero rimaze imyaka 27 ryashinzwe n'abanyeshuri
Intore zo mu Itorero Inyamibwa ziseruka
Imbyino zari zinogeye ijisho
Abaririmbyi b'Itorero Inyamibwa nabo bagaragaza ubuhanga mu kuririmba
Abitabiriye iki gitaramo bari bafite akanyamuneza
Ibikoresho byo hambere byifashishijwe
Banyuzagamo bakifashisha ibikoresho binyuranye bijyanye n'ubutumwa bagiye gutanga
Abitabiriye iki gitaramo bari bahimbawe
N'abirabiriye iki gitaramo banyuzagamo bagacinya akadiho
Ange, Pamella na Muyango banyuze ku rubyiniro baririmba by'akanya gato
Ange, Pamella na Muyango banyuze ku rubyiniro baririmba by'akanya gato
Abitabiriye bakirwaga neza n’abari bashinzwe gusuzuma amatike bakorera sosiyete ya ITEC imaze imyaka icyenda ikorera mu Rwanda ibikorwa bitandukanye birimo kwishyuza parking, amatike mu bitaramo n’ibindi bitandukanye. Kuri ubu ifite gahunda yo gushishikariza abantu gukoresha EBM. Aha bakiraga Massamba Intore
Impanga zo muri iri torero zongeye kunyura imitima ya benshi
Abakobwa bo muri iri torero baserutse mu buryo bwihariye

Amafoto: Yassip Esther Mukayiranga

Amashusho: Innocent Byiringiro


Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .