00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

The Ben na Juno Kizigenza bazifatanya na Bwiza mu gitaramo afite mu Bubiligi

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 16 January 2025 saa 10:50
Yasuwe :

Bwiza yemeje ko abahanzi barimo The Ben na Juno Kizigenza bari mu bazitabira igitaramo ateganya gukorera mu Bubiligi ubwo azaba amurika album ye ya kabiri yise ’25 shades’.

Ibi Bwiza yabigarutseho mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru ku mugoroba wo kuri uyu wa 16 Mutarama 2025, aho yari aherekejwe na Justin Karekezi uhagarariye Team Production itegura ibitaramo i Burayi.

Justin Karekezi umaze iminsi mu Rwanda, yabwiye abanyamakuru ko yari ari mu Mujyi wa Kigali aho yagize umwanya wo kugirana ibiganiro n’abahanzi barimo The Ben uzafasha Bwiza muri iki gitaramo.

Uretse aba bahanzi, Bwiza yabwiye abanyamakuru ko hari abantu benshi bamaze kwemera kuzajya kumushyigikira biganjemo abafite amazina akomeye mu myidagaduro y’u Rwanda.

Ati “Uretse The Ben na Juno Kizigenza hari abantu benshi biganjemo abafite amazina akomeye twamaze kwemeranya ko bazamperekeza muri iki gitaramo. Ndumva nzaba ndi kumwe n’abantu benshi bagiye kunshyigikira rwose.”

The Ben utabashije kwitabira ikiganiro n’abanyamakuru, yatanze ubutumwa buhamya ko ari umuhanzi wakunze Bwiza kuva yatangira umuziki kugeza uyu munsi, iyi ikaba ari nayo mpamvu yemeye kujya kumushyigikira muri iki gitaramo.

Avuga kuri album azaba amurikira abakunzi be, Bwiza yavuze ko iriho indirimbo nka Ahazaza, Ogera yakoranye na Bruce Melodie ndetse na Best Friend yamaze kujya hanze.

Ku rundi ruhande yateguje abanyamakuru indirimbo yakoranye na Israel Mbonyi ndetse n’izindi zinyuranye zizaba ziyigize.

Bwiza yemeje The Ben na Juno Kizigenza nk’abazajya kumushyigikira mu gitaramo cye mu Bubiligi
Bwiza yijeje abakunzi be batuye i Burayi igitaramo cyiza
Bwiza yari kumwe na Justin Karekezi umuyobozi wa Team Production itegura ibi bitaramo

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .