00:00:00 IGIHE NETWORK KN KINYARWANDA EN ENGLISH FR FRANCAIS

Bwiza yamuritse igitabo gisoza icyiciro cya kabiri cya kaminuza

Yanditswe na Nsengiyumva Emmy
Kuya 21 February 2025 saa 01:15
Yasuwe :

Bwiza uri kugana ku musozo w’amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, yamurikiye akanama nkemurampaka kagizwe n’abarimu bamwigishije igitabo gikubiyemo ubushakashatsi yakoze, mbere y’uko ahabwa impamyabumenyi ye.

Uyu mukobwa uri kurangiza amasomo ye muri ‘Mount Kigali University’ yari amaze igihe yiga ibijyanye n’ubukerarugendo no kwakira abantu (Hospitality and tourism management).

Iki gitabo Bwiza yamuritse ku wa 21 Gashyantare 2025, kirimo ubushakashatsi yakoze ku ruhare rw’ubunararibonye muri serivisi z’ibiribwa n’ibinyobwa mu kumenyekanisha amafunguro nyarwanda mu ma hoteli.

Bwiza uri kurangiza amasomo y’icyiciro cya kabiri cya kaminuza, ni umwe mu bahanzikazi bahagaze neza mu muziki w’u Rwanda, cyane ko ari no mu myiteguro yo kumurika album ye ya kabiri yise ‘25 shades’.

Iyi album Bwiza ateganya kuyimurikira mu Bubiligi mu gitaramo azahuriramo n’abarimo The Ben na DJ Toxxyk ku wa 8 Werurwe 2025.

Bwiza yamuritse iki gitabo ku munsi n’ubundi ategerejwe mu gitaramo gikomeye cya ‘Move Afrika’ agomba guhuriramo na John Legend mu ijoro ryo ku wa 21 Gashyantare 2025 muri BK Arena.

Bwiza ari mu myiteguro yo kurangiza icyiciro cya kabiri cya Kaminuza
Bwiza yamuritse igitabo cy’ubushakashatsi yakoze mu gusoza icyiciro cya kabiri cya kabiri cya Kaminuza

Kwamamaza

Kwamamaza

Kwamamaza

TANGA IGITEKEREZO

AMATEGEKO AGENGA IYANDIKA RY'IGITEKEREZO CYAWE
Kwamamaza

Special pages
. . . . . .